ISHUSHO YA WIKENDI MU MIKINO: Byari amarira kuri Arsenal FC na APR FC, ib’i Manchester bakomeza kwishima
Muri iyi wikendi turangije, abafana b’amakipe arimo Arsenal FC na APR FC hano mu Rwanda batunguwe kuko Arsenal FC yatsinzwe na Manchester City naho APR FC itsindwa na Etincelles FC.
Mu mupira w’Amaguru hano mu Rwanda, Shampiyona yari yakomeje aho amakipe arimo APR FC yari ategerejwe gukina ariko ntibyaza kugenda neza kuko yatsinzwe na Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026.
Ni umukino ikipe ya APR FC yari yasuye Etincelles FC i Rubavu ibintu ntibyayorohera kuko yatsinzwe ibitego 2-0 mu gice cya mbere nayo iza kubona kimwe mu gice cya kabiri. Etincelles FC yatsindiwe na Dusabimana Anselme na Iraguha Awadi, naho icya APR FC cyatsinzwe na Cheick Djibril Ouattara.
Ikipe ya Rayon Sports yari itegerejwe ku cyumweru tariki 19 Mata 2026, ariko ntibyaza kugenda neza kuko yanganyije na Rutsiro FC 0-0. Ni Rayon Sports yakinnye ibizi ko APR FC yaraye yatakaje ariko kubona amanota atatu ntibyayikundira kugira ngo yegere APR FC ku manota.
Ikipe ya Police FC yongeye kunanirwa gutsinda undi mukino nyuma yo kwakira Bugesera FC itozwa na Banamwana Camarade. Ni umukino wabaye ku cyumweru urangira Bugesera FC itsinze Police FC igitego 1-0. Bugesera FC muri uyu mwaka w’imikino ntabwo Police FC yigeze ibasha kuyibonaho n’inota rimwe kuko yanatsinzwe umukino ubanza.
Umunsi wa 27 wa Shampiyona wasize nta mpinduka zikomeye zibaye ku rutonde rwa Shampiyona kuko n’ubundi ikipe ya Al Hilal SC nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-1, yakomeje kuyobora urutonde n’amanota 58 ikurikiwe na APR FC ifite amanota 52. Ikipe zirwana no kutampanuka ni Etincelles FC iri ku mwanya wa 16 n’amanota 25, Rutsiro FC iri ku mwanya wa 17 n’amanota 22 ndetse na AS Muhanga iri ku mwanya 18 n’amanota 21.
Mu yindi mikino, igihugu cy’u Rwanda cyatangiye kwakira amakipe yitabiriye mikino nyafurika ya Volleyball y’Abagabo izaba kuva tariki 20 Mata kugeza 3 Gicurasi 2026. Amwe mu makipe yamaze kuhagera arimo ikipe ya Atlético Clube Do Mindelo yo muri Cape Verde, Port Autonome De Douala [PAD] yo muri Cameroun ndetse na Kenya Ports Authority yo muri Kenya.
Amakuru yacu y’imikino reka tuyakomereze ku mugabe w’Afurika
Muri iyi Wikendi hari hakomeje imikino ya CAF Champions League, aho ikipe ya Mamelodie Sandwons yari yigabye mu kibuga ikina umukino wo kwishyura na Esperance De Tunis iyitsinda igitego 1-0 igera ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 2-0. Undi mukino wari utegerejwe ni uwahuje ikipe ya RS Berkane yasezerewe na FAR Rabbat ku giteranyo cy’ibitego 2-1 nubwo yatsinze umukino wo kwishyura igitego 1-0.
Muri iyi wikendi kandi hari hakomeje imikino ya CAF Confederationa Cup, aho ikipe ya Zamalek yageze ku mukino wa nyuma isezereye CR Belouizdad ku gitego 1-0. Undi mukino wakinwe kuri iki cyumweru aho ikipe ya OC Safi yari yakinnye na USM Alger birangira ari yo igeze ku mukino wa nyuma kubera igitego cyo hanze yatsindiye Kwa OC Safi.
Ikipe ya Mamelodi Sandowns na AS FAR nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa CAF Champions League, biteganyijwe ko zizahabwa Milliyoni 2 z’amadorari kuri buri imwe, naho Zamalek ndetse na USM Alger zizahabwa Milliyoni imwe y’amadorari nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa CAF Confederationa Cup.
Amakuru yacu y’imikino reka tuyakomereze ku mugabe w’i Burayi.
Mu gihugu cy’u Budage byari ibyishimo byinshi ku bakunzi, abayobozi, abatoza ndetse n’abakinnyi ba FC Bayern Munich begukanye igikombe cya Shampiyona Saison 2025/2026, nyuma yo gutsinda ikipe ya VfB Stuttgart ibitego 4-2. Iki gikombe Bayern Munich yakegukanye kuko Borussia Dortumond yari yatakaje amanota atatu kuri TSG 1899 Hoffenheim bituma irushwa amanota menshi kandi habura imikino micye ngo Shampiyona irangire..
Mu gihugu cya Espagne habaye umukino wa nyuma wa Copa Del Rey, hagati y’ikipe ya Atletico Madrid na Real Sociedad, urangira ikipe ya real Sociedad ari yo yegukanye igikombe nyuma yo kunganya ibitego 2-2 bajya muri Penalite igatsinda 4-3. Atletico Madrid yakinnye uyu mukino nyuma yo gusezerera FC Barcelona muri ¼ cya UEFA Champions League.
Mu gihugu cy’u Bwongereza, ikipe ya Manchester United ku wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026, yitwaye neza imbere ya Chelsea FC kuko yatsinze igitego 1-0. Ni igitego cyatsinzwe na Matheus Cunha ku mupira mwiza yari ahawe na Bruno Fernandes.
Umukino karundura benshi bari bategereje ni umukino wahuje ikipe ya Manchester City na Arsenal FC zikurikirana ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ndetse zikaba zihanganiye igikombe cy’uyu mwaka. Ni umukino wabaye kuri iki cyumweru urangira Arsenal FC itsinzwe ibitego 2-1.
Ni umukino utari woroshye bitewe n’imbaraga, ubuhanga bw’abakinnyi b’amakipe yombi ariko warangiye Manchester City yitwaye neza yegera Arsenal FC ku urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona. Manchester City yatsindiwe na Rayan Cherki na Erling Halaand, naho Arsenal FC itsindirwa na Hai Havertz.
Muri rusange iyi wikendi yasize, byongeye kuba bibi ku gikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza kuko ubu Arsenal FC irimo kurusha Manchester City amanota atatu gusa kandi iyi kipe y’i Manchester igifite umukino w’ikirarane. Ibi bivuze ko mu gihe Manchester City yatsinda ikirarane zizahita zinganya hakarebwa ibitego. Ubu Arsenal FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 70, naho Manchester City iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 67.
APR FC yatsinzwe na Etincelles FC
FC Bayern Munich yegukanye igikombe habura imikino ngo Shampiyona irangire

Kinyarwanda
English
Swahili









