issa
Tambwe Gloire ukinira Rayon Sports yateje impagarara mu gihugu cy'u Burundi

Tambwe Gloire ukinira Rayon Sports yateje impagarara mu gihugu cy'u Burundi

Mar 16, 2026 - 11:09
 0

Umukinnyi wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cy'u Burundi, Tambwe Gloire, yateje impagarara iwabo nyuma yo kudahamagarwa mu ikipe y'igihugu.


Ku wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2026, nibwo Umutoza ufite ikipe y'igihugu y'u Burundi, Patrick Sangwa Mayani, yashyize hanze urutonde rw'abakinnyi bagomba kwitegura imikino ibiri y'amajonjora y'igikombe cy'Afurika cya 2027, izakinamo na Tchad.

Ni urutonde rwari ruriho abakinnyi babiri ba Rayon Sports barimo Bigirimana Abedi ndetse na Ndikumana Asman. Uru rutonde ruriho kandi Rukundo Onesme na Henry Msanga ba Police FC, Omar Moussa na Nduwimana Frank ba Gorilla FC ndetse na Muderi Akbar wa Gasogi United.

Nyuma yaho uyu mutoza asohoye uru rutonde rw’abakinnyi azifashisha muri iyi mikino ibiri, nibwo hatangiye intambara y’amagambo. Iyo uzengururtse ku binyamakuru byandika mu gihugu cy’u Burundi ndetse n’amaradio atandutanye, bose baragaruka kuri Tambwe Gloire utarahamagawe kandi ari umwe mu bahetse ikipe ya Rayon Sports hano mu Rwanda.

Abakurikiranira hafi umupira w’u Burundi, bakomeje kwibaza ikintu Saido Ntibazonyiza wahamagawe agiye gufasha “ Intamba mu Rugamba” nyuma y’imikino ine gusa amaze gukinira Vital’O FC y’iwabo kandi yari anamaze amezi arindwi nta kipe afite akinira.

Umutoza w’u Burundi, Sangwa Patrick, agaragaza ko kudahamagara Tambwe byatewe nuko yari afite imvune ariko amakuru akavuga ko yari abizi neza ko akavune afite koroheje n’ikimenyimenyi ku mukino Rayon Sports ifitanye na Al Merrikh SC kuri uyu wa mbere araza gukina. 

Tambwe Gloire ni umwe mu bakinnyi beza b’abanyamahanga bari gukina muri Shampiyona y’u Rwanda kuko umwanya wa kane ikipe ya Rayon Sports iriho ubu uyu musore abifitemo uruhare runini cyane. 

Ikipe y’igihugu y’u Burundi izakina na Tchad tariki 26 Werurwe 2026 mu mukino ubanza naho uwo kwishyura ube tariki 31 Werurwe 2026, kuri Stade Intwari yo mu Burundi.

No photo description available.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Tambwe Gloire ukinira Rayon Sports yateje impagarara mu gihugu cy'u Burundi

Mar 16, 2026 - 11:09
Mar 16, 2026 - 11:53
 0
Tambwe Gloire ukinira Rayon Sports yateje impagarara mu gihugu cy'u Burundi

Umukinnyi wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cy'u Burundi, Tambwe Gloire, yateje impagarara iwabo nyuma yo kudahamagarwa mu ikipe y'igihugu.


Ku wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2026, nibwo Umutoza ufite ikipe y'igihugu y'u Burundi, Patrick Sangwa Mayani, yashyize hanze urutonde rw'abakinnyi bagomba kwitegura imikino ibiri y'amajonjora y'igikombe cy'Afurika cya 2027, izakinamo na Tchad.

Ni urutonde rwari ruriho abakinnyi babiri ba Rayon Sports barimo Bigirimana Abedi ndetse na Ndikumana Asman. Uru rutonde ruriho kandi Rukundo Onesme na Henry Msanga ba Police FC, Omar Moussa na Nduwimana Frank ba Gorilla FC ndetse na Muderi Akbar wa Gasogi United.

Nyuma yaho uyu mutoza asohoye uru rutonde rw’abakinnyi azifashisha muri iyi mikino ibiri, nibwo hatangiye intambara y’amagambo. Iyo uzengururtse ku binyamakuru byandika mu gihugu cy’u Burundi ndetse n’amaradio atandutanye, bose baragaruka kuri Tambwe Gloire utarahamagawe kandi ari umwe mu bahetse ikipe ya Rayon Sports hano mu Rwanda.

Abakurikiranira hafi umupira w’u Burundi, bakomeje kwibaza ikintu Saido Ntibazonyiza wahamagawe agiye gufasha “ Intamba mu Rugamba” nyuma y’imikino ine gusa amaze gukinira Vital’O FC y’iwabo kandi yari anamaze amezi arindwi nta kipe afite akinira.

Umutoza w’u Burundi, Sangwa Patrick, agaragaza ko kudahamagara Tambwe byatewe nuko yari afite imvune ariko amakuru akavuga ko yari abizi neza ko akavune afite koroheje n’ikimenyimenyi ku mukino Rayon Sports ifitanye na Al Merrikh SC kuri uyu wa mbere araza gukina. 

Tambwe Gloire ni umwe mu bakinnyi beza b’abanyamahanga bari gukina muri Shampiyona y’u Rwanda kuko umwanya wa kane ikipe ya Rayon Sports iriho ubu uyu musore abifitemo uruhare runini cyane. 

Ikipe y’igihugu y’u Burundi izakina na Tchad tariki 26 Werurwe 2026 mu mukino ubanza naho uwo kwishyura ube tariki 31 Werurwe 2026, kuri Stade Intwari yo mu Burundi.

No photo description available.