Ukuri ku kudahamagarwa kwa Memel Dao kandi yari yatangajwe na APR FC
Rutahizamu wa APR FC, Raouf Memel Dao, ntabwo yisanze ku rutonde rw’abakinnyi Burkina Faso yahamagaye kandi yari yatangajwe na APR FC.
Ku wa 27 Kanama 2025, nibwo APR FC yatangaje ko Memel Dao yahamagawe mu ikipe y’igihugu ya Burkina Faso kimwe na Mamadou Sy, ariko ku wa kane tariki 28 Kanama 2025 ubwo hasohokaga urutonde rw’abakinnyi iyi kipe y’igihugu izakoresha, Dao ntabwo yisanzeho.
Memel Dao ni umwe mu bakinnyi beza APR FC ifite kugeza ubu ariko ntabwo Brahima Traore yamuhamagaye mu ikipe y’igihugu ya Burkina Faso azakoresha nubwo yari ku rutonde rwa mbere.
Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko APR FC gutangaza ko Memel Dao yahamagawe byatewe n’uko boherejwe ubutumire na federation ya Burkina Faso bemeza ko bifuza uyu mukinnyi mu mikino iyi kipe igiye gukina yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi.
Twamenye kandi ko kuba urutonde Brahima Traore yashyize hanze Memel Dao atariho, byetewe no kwisubiraho k’uyu mutoza nyuma yo gukora igenzura akifuza guhamagara abakinnyi batangiye gukina shampiyona mu bihugu barimo.
Ntabwo Memel Dao ari we gusa utarahamagawe muri Burkina Faso kuko na Stephen Aziz Ki ntabwo yigeze ahamagarwa kuko muri Marocco ntabwo shampiyona iratangira.
Ikipe y’igihugu ya Burkina Faso igiye gutangira kwitegura imikino 2 izakinamo na Djibouti tariki 5 Nzeri 2025 ndetse n’uwo izakina na Misiri tariki 9 Nzeri 2025.
Memel Dao agiye gukomeza kwitegurana na APR FC irushanwa rya CECAFA kagame Cup izatangira tariki 2 Nzeri 2025. Iri rushanwa APR FC yarikaniye cyane, wumvise ibitekerezo by’umutoza Abderrahim Taleb.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Kanama 2025, nibwo APR FC irerekeza mu gihugu cya Tanzania gutangira kwitegura iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup.
Memel Dao yari yatangajwe na APR FC nk'uwahamagawe mu ikipe y'igihugu ya Burkina Faso
Abakinnyi 27 Brahima Traore yahamagaye mu ikipe y'igihugu ya Brukina Faso


Kinyarwanda
English
Swahili









