Uganda: Bobi Wine yongeye kwemeza ko aziyamamariza umwanya wa Perezida
Umunyepolitiki akaba n’umuhanzi Robert Kyagulanyi wamenyekanye nka Bobi Wine, yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuba perezida mu matora ateganijwe muri Mutarama 2026.
Uyu mugabo w'imyaka 43 y'amavuko, usanzwe atavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda, avuga ko azahangana na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha.
Bobi Wine mu matora ya 2021, nabwo yiyamamarije umwanya w'umukuru w'igihugu, ariko ntibyamuhira kuko intsinzi yegukanywe na Perezida Museveni.
Mu kiganiro na Reuters, Bobi Wine yavuze ko ngo iki ari cyo gihe cyo kugaragaza ibitagenda neza no gukangura abagande kugirango bisanzure.
Yamaganye kandi guverinoma z’iburengerazuba kuba zidahaguruka ngo zirwanye ihohoterwa ryibasira uburenganzira bwa muntu muri Uganda, harimo iyicarubozo no gufunga abamushyigikiye mu buryo butemewe.
Ati “Abayobozi bamwe na bamwe bo mu Burengerazuba bw’Isi bakomeje guceceka nyamara babona tubabazwa. Bari hano ku bw’impamvu z’ubucuruzi bwabo ntabwo bitaye ku by’uburenganzira bwa muntu.”
Wine avuga ko aramutse atowe, ibyo azashyira imbere harimo kugarura ubwisanzure bwa politiki, guhashya ruswa, no gukemura ikibazo cyo gukoresha nabi ubutegetsi.


Kinyarwanda
English
Swahili









