Arsenal FC yarushije imbaraga Real Madrid, Bayern Leverkusen igiye gusahurwa na Real Madrid, Manchester City cyangwa Barcelona
Ku mugabane w’i burayi hari kuvugwa amakuru menshi mu gihe ikipe zatangiye kwiyubaka kuko ama-shampiyona arimo kugenda arangira.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Gicurasi 2025, nibwo habyutse amakuru avuga ko umukinnyi wo hagati muri Real Sociedad witwa Martin Zubimendi yamaze kumvikana na Arsenal FC.
Amakuru ahari kugeza ubu aravuga ko ikipe ya Arsenal FC yamaze gutegura Milliyoni 60 z’amayero ndetse uyu munsi cyangwa ejo biraba byarangiye kuko uyu mukinnyi yamaze kwemerera Arsenal FC.
Nubwo uyu mukinnyi bisa n’ibyarangiye hagati ye na Arsenal FC, yari mu biganiro na Real Madrid ariko yemeye kuyitera umugongo yerekeza muri Arsenal FC bijyanye nibyo arimo kwemererwa guhabwa.
Iyi Real Madrid kandi yamaze kurangizanya n’umutoza mushya witwa Xabi Alonso ndetse ku munsi w’ejo hashize tariki 9 Gicurasi 2025, yasezeye abakunzi ba Bayern Leverkusen mu kiganiro n’itangazamakuru yakoze iyi kipe yitegura umukino wa shampiyona izakinamo na Borussia Dortmund.
Iyi Bayern Leverkusen iri mu gahinda ko gutakaza umutoza wari umaze imyaka ibiri, wabahesheje igikombe cya shampiyona umwaka ushize nyuma y’imyaka irenga 60 ariko kandi hari abakinnyi igiye gutakaza.
Iyi Real Madrid kandi bisa nkaho itazorohera ikipe ya Bayern Leverkusen kuko myugariro yagenderagaho witwa Jonathan Tah araza kujyana n’umutoza we nyuma yaho arimo gusoza amasezerano.
Florian Wirtz, ukina mu kibuga hagati umaze igihe afasha cyane ikipe ya Bayern Leverkusen amakuru aravuga ko nawe umwaka utaha azaba atari muri iyi kipe.
Ikipe zirimo kumugenda inyuma harimo ikipe ya Manchester City ndetse FC Barcelona ariko bikanavugwa ko Bayern Munich nayo imushaka ariko uyu mukinnyi agenda abihakana.
Ntabwo Bayern Leverkusen yorohewe kuko ikipe ya Liverpool FC nayo irimo kuganiriza Jermie Frimpong nyuma yo gutakaza myugariro wayo witwa Trent Alexander Arnold wamaze kurangizanya na Real Madrid.
Ibindi birimo kugarukwaho cyane ku mugabane w’i Burayi ni El Clasco igomba guhuza ikipe ya Real Madrid na FC Barcelona muri shampiyona ya Esipanye. Abakinnyi ba FC Barcelona nyuma yo gusezererwa muri UEFA Champions League, ngo barashaka kwitwara neza kugirango batware Shampiyona ya Esipanye.


Kinyarwanda
English
Swahili









