U Rwanda rwongeye gutanga Louise Mushikiwabo nk'umukandida wa OIF
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yongeye gutanga Madamu Louise Mushikiwabo nk’umukandida uzahagararira igihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa OIF, kugira ngo akomeze kuyobora uwo muryango muri manda ya gatatu.
Ayo makuru yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, ubwo yari mu kiganiro n’igitangazamakuru mpuzamahanga Jeune Afrique, agarukaga ku by’ingenzi birimo n’ibibazo by’umutekano muke ukomeje kugaragara mu karere.
Mushikiwabo watangiye kuyobora OIF mu 2018, akaza kongera gutorwa muri 2022, iyo manda ye ya kabiri irarangira muri uyu mwaka wa 2026.
Kuri ubu, amakuru ahari avuga ko uretse Louise Mushikiwabo uziyamamariza iyo manda ya gatatu, hari n’abandi na bo biteguye amatora barimo Umunya-Canada wigeze no kuyobora OIF, ndetse na Augustin Nze Nfumu wo muri Guinée Equatoriale.
Louise Mushikiwabo aramutse yongeye gutorerwa kuyobora OIF, yaba akurikiye uwahoze ari Perezida wa Sénégal, Abdou Diouf, wayoboye manda Eshatu muri uwo muryango.
Mushikiwabo yatorewe kuyobora OIF bwa mbere ku wa 12 Ukwakira 2018 mu Nama Nkuru ya Francophonie yabereye i Yerevan muri Armenia.


Kinyarwanda
English
Swahili









