issa
U Buhinde: Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako yahitanye abantu 9

U Buhinde: Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako yahitanye abantu 9

Mar 18, 2026 - 18:50
 0

Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako iri mu mujyi wa New Delhi mu Buhinde yahitanye abantu 9 barimo abana 3, abandi bantu 10 barakomereka.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2026, mu masaha ya Saa kumi n'ebyiri n'iminota 50, nibwo hamenyekana amakuru ko  iyo nyubako y'amagorofa yafashwe n'inkongi y'umuriro.

Amakuru dukesha India today avuga ko abantu 9 barimo abana batatu bapfuye bishwe niyo nkongi y'umurimo yibasiye iyo nyubako ikorerwamo ibikorwa bitandukanye iri mu mujyi wa New Delhi.

Ubwo iyo nkongi y'umurimo yatangiraga bamwe mu bari muri iyo nyubako igeretse,  bagerageje kuyivamo banyuze mu madirishya,  ariko hari abo bitakundiye kubona aho banyura ngo bakize amagara yabo kubera ko inkongi yahise ikwira ibice byose by'iyo nyubako .

Inzego zirimo igisirikare cy'ubuhinde by'umwihariko Ingabo zitabara aho rukomeye zirwanira mu kirere (Indian air force) ndetse n'abashinzwe ibikorwa by'ubutabazi mu gihe cy'ibiza bafatanyije n'abashinzwe kuzimya inkongi y'umuriro bari bafite imodoka 20 zagenewe kuzimya inkongi y'umuriro.

Nubwo abantu 9 bahasize ubuzima ariko abandi 10 babashize kurokoka bajyanwa ku bitaro kuvurwa. Icyateye iyo nkongi ntikiramenyekana ndetse ntiharamenyekana ibyangiritse byose kuko iperereza rigikomeje .

U Buhinde: Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako yahitanye abantu 9

Mar 18, 2026 - 18:50
Mar 18, 2026 - 20:22
 0
U Buhinde: Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako yahitanye abantu 9

Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako iri mu mujyi wa New Delhi mu Buhinde yahitanye abantu 9 barimo abana 3, abandi bantu 10 barakomereka.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2026, mu masaha ya Saa kumi n'ebyiri n'iminota 50, nibwo hamenyekana amakuru ko  iyo nyubako y'amagorofa yafashwe n'inkongi y'umuriro.

Amakuru dukesha India today avuga ko abantu 9 barimo abana batatu bapfuye bishwe niyo nkongi y'umurimo yibasiye iyo nyubako ikorerwamo ibikorwa bitandukanye iri mu mujyi wa New Delhi.

Ubwo iyo nkongi y'umurimo yatangiraga bamwe mu bari muri iyo nyubako igeretse,  bagerageje kuyivamo banyuze mu madirishya,  ariko hari abo bitakundiye kubona aho banyura ngo bakize amagara yabo kubera ko inkongi yahise ikwira ibice byose by'iyo nyubako .

Inzego zirimo igisirikare cy'ubuhinde by'umwihariko Ingabo zitabara aho rukomeye zirwanira mu kirere (Indian air force) ndetse n'abashinzwe ibikorwa by'ubutabazi mu gihe cy'ibiza bafatanyije n'abashinzwe kuzimya inkongi y'umuriro bari bafite imodoka 20 zagenewe kuzimya inkongi y'umuriro.

Nubwo abantu 9 bahasize ubuzima ariko abandi 10 babashize kurokoka bajyanwa ku bitaro kuvurwa. Icyateye iyo nkongi ntikiramenyekana ndetse ntiharamenyekana ibyangiritse byose kuko iperereza rigikomeje .