issa
Tanzania: UN yasabye iperereza ku bishwe imibiri yabo igahishwa

Tanzania: UN yasabye iperereza ku bishwe imibiri yabo igahishwa

Nov 12, 2025 - 10:06
 0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu ryasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku bwicanyi bivugwa ko bwahitanye benshi mu myigaragambyo yakurikiye ibyavuye mu matora muri Tanzaniya mu kwezi gushize, hakanatangwa imibiri y’abishwe igashyingurwa.


Ibi byatangajwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu UN, ku rubuga rwayo rwa X ku wa 11 Ugushyingo 2025, aho umuyobozi w’iryo shami Volker Turk yasabye ko habaho iperereza ryimbitse ku bwicanyi n’ihohoterwa ryakorewe abantu muri Tanzania kuva tariki ya 29 Ukwakira uyu mwaka ubwo amatora muri icyo gihugu yatangiraga.

Iri perereza risabwe mu gihe Leta ya Tanzania bikomeje gutangazwa ko yatangiye kurega no guta muri yombi bamwe mu bashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwabereye mu myigaragambyo benshi baburiyemo ubuzima.

Umuyobozi muri UN Volker Turk yavuze ko nubwo bimeze bityo, hari ibimenyetso by’uko guverinoma ya Tanzania yaba iri kugerageza guhisha ibimenyetso ndetse no kwigiza nkana kw’iyicwa ry’abigaragambyaga, yifashishije amayeri yo guta muri yombi no gufunga abashinjwa kugirira nabi abari mu myigaragambyo, ibyo byose ikabikora igamije kwibagiza ko nayo yari inyuma y’ibyo byose.

Ibi bikurikirana n’inkuru zikomeje gutangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga by'uko inzego z’umutekano muri Tanzania ubwo imyigaragambyo yabaga, abantu benshi bakicwa, zajyaga mu buruhukiro gufata imibiri y’abishwe zikayijyana ahatazwi hagamijwe guhisha umubare nyawo w’abishwe ndetse no kwanga gutanga abo bantu ngo bashyingurwe mu cyubahiro n’imiryango yabo, mu rwego rwo kwica iperereza.

Turk yasabye Leta ya Tanzania gutanga imibiri y’abishwe ku miryango yabo bakayishyingura mu cyubahiro.

Yagize ati “Gutanga imibiri y’abishwe ni ngombwa kuko imiryango yabo igomba kubashyingura mu cyubahiro, ariko birababaje cyane guhora wumva inkuru z’imiryango ihora mu mihanda izenguruka mu bigo bya Polisi no mu mavuriro ishaka aho ababo baba baraguye kandi hari ababiri inyuma.”

Ishyaka rya CHADEMA ritavuga rumwe na Leta ya Tanzania naryo ryatangaje ko abagera ku bihumbi bibiri bishwe mu minsi itatu yonyine ubwo imyigaragambyo yakurikiye ibyavuye mu matora yabaga muri icyo gihugu.

Kugeza ubu Leta ya Tanzania ntiratangaza umubare nyawo w’abapfiriye muri iyo myigaragambyo, uretse ko imiryango itandukanye irengera ikiremwamuntu ku isi ndetse n’abatuye icyo gihugu ubwabo bahuriza hamwe ko ababuriyemo ubuzima ari benshi.

UN yo ivuga ko Leta ya Tanzania yakuyeho internet mu gihe cy’iminsi itatu mu rwego rwo kwica iperereza ry’ibyari birimo kubera muri iyo myigaragambyo yapfiriyemo benshi.

Tanzania: UN yasabye iperereza ku bishwe imibiri yabo igahishwa

Nov 12, 2025 - 10:06
Nov 12, 2025 - 17:41
 0
Tanzania: UN yasabye iperereza ku bishwe imibiri yabo igahishwa

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu ryasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku bwicanyi bivugwa ko bwahitanye benshi mu myigaragambyo yakurikiye ibyavuye mu matora muri Tanzaniya mu kwezi gushize, hakanatangwa imibiri y’abishwe igashyingurwa.


Ibi byatangajwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu UN, ku rubuga rwayo rwa X ku wa 11 Ugushyingo 2025, aho umuyobozi w’iryo shami Volker Turk yasabye ko habaho iperereza ryimbitse ku bwicanyi n’ihohoterwa ryakorewe abantu muri Tanzania kuva tariki ya 29 Ukwakira uyu mwaka ubwo amatora muri icyo gihugu yatangiraga.

Iri perereza risabwe mu gihe Leta ya Tanzania bikomeje gutangazwa ko yatangiye kurega no guta muri yombi bamwe mu bashinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwabereye mu myigaragambyo benshi baburiyemo ubuzima.

Umuyobozi muri UN Volker Turk yavuze ko nubwo bimeze bityo, hari ibimenyetso by’uko guverinoma ya Tanzania yaba iri kugerageza guhisha ibimenyetso ndetse no kwigiza nkana kw’iyicwa ry’abigaragambyaga, yifashishije amayeri yo guta muri yombi no gufunga abashinjwa kugirira nabi abari mu myigaragambyo, ibyo byose ikabikora igamije kwibagiza ko nayo yari inyuma y’ibyo byose.

Ibi bikurikirana n’inkuru zikomeje gutangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga by'uko inzego z’umutekano muri Tanzania ubwo imyigaragambyo yabaga, abantu benshi bakicwa, zajyaga mu buruhukiro gufata imibiri y’abishwe zikayijyana ahatazwi hagamijwe guhisha umubare nyawo w’abishwe ndetse no kwanga gutanga abo bantu ngo bashyingurwe mu cyubahiro n’imiryango yabo, mu rwego rwo kwica iperereza.

Turk yasabye Leta ya Tanzania gutanga imibiri y’abishwe ku miryango yabo bakayishyingura mu cyubahiro.

Yagize ati “Gutanga imibiri y’abishwe ni ngombwa kuko imiryango yabo igomba kubashyingura mu cyubahiro, ariko birababaje cyane guhora wumva inkuru z’imiryango ihora mu mihanda izenguruka mu bigo bya Polisi no mu mavuriro ishaka aho ababo baba baraguye kandi hari ababiri inyuma.”

Ishyaka rya CHADEMA ritavuga rumwe na Leta ya Tanzania naryo ryatangaje ko abagera ku bihumbi bibiri bishwe mu minsi itatu yonyine ubwo imyigaragambyo yakurikiye ibyavuye mu matora yabaga muri icyo gihugu.

Kugeza ubu Leta ya Tanzania ntiratangaza umubare nyawo w’abapfiriye muri iyo myigaragambyo, uretse ko imiryango itandukanye irengera ikiremwamuntu ku isi ndetse n’abatuye icyo gihugu ubwabo bahuriza hamwe ko ababuriyemo ubuzima ari benshi.

UN yo ivuga ko Leta ya Tanzania yakuyeho internet mu gihe cy’iminsi itatu mu rwego rwo kwica iperereza ry’ibyari birimo kubera muri iyo myigaragambyo yapfiriyemo benshi.