issa
Tanzania: EU igiye kujyana leta ya Tanzania mu rubanza

Tanzania: EU igiye kujyana leta ya Tanzania mu rubanza

Nov 3, 2025 - 08:23
 0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), watangaje ko urimo gukurikirana ibyabereye mu matora ya Tanzania hagamijwe gukurikirana abanyapolitike b’amashyaka atavuga rumwe na leta bafunzwe abandi bakagirirwa nabi kuva ibikorwa bya matora byatangira muri icyo gihugu cya Tanzania.


Ibi uyu muryango wabitangarije mu itangazo washyize hanze ku mbuga nkoranyambaga zawo ku cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo 2025, aho wavuze ko wakiriye amakuru y’uko Perezida Samia Suluhu yatsindiye amatora ku manota 97,66%, uvuga ko nubwo Samia yatsinze amatora ndetse ku kigero kiza abo bari bahanganye na bo bari bakwiye gutangazwa ndetse komisiyo y'amatora ikanatangaza amanota babonye.

EU yavuze ko benshi mu bakandida bari bahanganye na Perezida Samia Suluhu mu matora bagiye baburirwa irengero uko iminsi yo kwiyamamaza yagendaga irangira ndetse bamwe muri bo bikavugwa ko bafunzwe abandi bagakurirwaho za kandidatire zabo ibyo bigatuma umujinya n’uburakari bw’abatuye icyo gihugu barimo urubyiruko rwinshi n’abakuze bigaragambyaga basenya ibikorwa remezo.

Uyu muryango w'ubumwe bw’Uburayi wanavuze ko mu minsi yambere y’amatora ya baye ku wa 29 Ukwakira muri icyo gihugu cya Tanzania hagaragaye ibikorwa by’ihohoterwa, gushimutwa kw’abantu no kuburirwa irengero kw’abatavuga rumwe n’ishyaka riyoboye icyo gihugu, ibyo bikaba byarabujije amahirwe abo bari bahanganye mu matora ngo nabo biyamamaze bityo ko ubwisanzure bwa politike na demokarasi butubahirijwe muri ayo matora.

EU yasabye ko abayobozi bafunzwe b’amashyaka atavuga rumwe na Leta barekurwa vuba na bwangu ndetse abagize uruhare mu gufungwa kwabo bagakurikiranwa mu manza zifatika kandi zigaragaza ukuri ku byabaye.

Mu itangazo ryayo, EU yavuze ko yababajwe n’ihohoterwa ryabereye mu matora ndetse n’ibikomeje kuvugwa kugeza ubu, birimo gufungwa kw’itumanaho rya interineti kubatuye icyo gihugu cya Tanzania ndetse n’ifungwa rya service zimwe na zimwe zikenerwa n’abaturage.

EU yavuze ko ifite amakuru yizewe y’ibyabereye mu matora ndetse ko yababajwe no kuba hari abaturage benshi bahitanywe n’ihohoterwa ryayakorewe mo.

EU yasabye Leta ya Tanzania gukomeza urugendo rwo kubaka demokarasi ishamikiye ku mashyaka menshi, no kugirana ibiganiro n’impande zose zirimo amashyaka atavuga rumwe na Leta ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta, mu rwego rwo kunga ubumwe bw’igihugu no kongera icyizere mu baturage.

Kugeza ubu nta cyo leta ya Tanzania yari yatangaza kuri ibyo ishinjwa na EU kuko na Perezida Samia Suluhu nyuma y’amatora ntiyongeye kugaragara yewe no ku rubuga rwe rwa X nta heruka kugira icyo atangaza.

Tanzania: EU igiye kujyana leta ya Tanzania mu rubanza

Nov 3, 2025 - 08:23
Nov 3, 2025 - 09:05
 0
Tanzania: EU igiye kujyana leta ya Tanzania mu rubanza

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), watangaje ko urimo gukurikirana ibyabereye mu matora ya Tanzania hagamijwe gukurikirana abanyapolitike b’amashyaka atavuga rumwe na leta bafunzwe abandi bakagirirwa nabi kuva ibikorwa bya matora byatangira muri icyo gihugu cya Tanzania.


Ibi uyu muryango wabitangarije mu itangazo washyize hanze ku mbuga nkoranyambaga zawo ku cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo 2025, aho wavuze ko wakiriye amakuru y’uko Perezida Samia Suluhu yatsindiye amatora ku manota 97,66%, uvuga ko nubwo Samia yatsinze amatora ndetse ku kigero kiza abo bari bahanganye na bo bari bakwiye gutangazwa ndetse komisiyo y'amatora ikanatangaza amanota babonye.

EU yavuze ko benshi mu bakandida bari bahanganye na Perezida Samia Suluhu mu matora bagiye baburirwa irengero uko iminsi yo kwiyamamaza yagendaga irangira ndetse bamwe muri bo bikavugwa ko bafunzwe abandi bagakurirwaho za kandidatire zabo ibyo bigatuma umujinya n’uburakari bw’abatuye icyo gihugu barimo urubyiruko rwinshi n’abakuze bigaragambyaga basenya ibikorwa remezo.

Uyu muryango w'ubumwe bw’Uburayi wanavuze ko mu minsi yambere y’amatora ya baye ku wa 29 Ukwakira muri icyo gihugu cya Tanzania hagaragaye ibikorwa by’ihohoterwa, gushimutwa kw’abantu no kuburirwa irengero kw’abatavuga rumwe n’ishyaka riyoboye icyo gihugu, ibyo bikaba byarabujije amahirwe abo bari bahanganye mu matora ngo nabo biyamamaze bityo ko ubwisanzure bwa politike na demokarasi butubahirijwe muri ayo matora.

EU yasabye ko abayobozi bafunzwe b’amashyaka atavuga rumwe na Leta barekurwa vuba na bwangu ndetse abagize uruhare mu gufungwa kwabo bagakurikiranwa mu manza zifatika kandi zigaragaza ukuri ku byabaye.

Mu itangazo ryayo, EU yavuze ko yababajwe n’ihohoterwa ryabereye mu matora ndetse n’ibikomeje kuvugwa kugeza ubu, birimo gufungwa kw’itumanaho rya interineti kubatuye icyo gihugu cya Tanzania ndetse n’ifungwa rya service zimwe na zimwe zikenerwa n’abaturage.

EU yavuze ko ifite amakuru yizewe y’ibyabereye mu matora ndetse ko yababajwe no kuba hari abaturage benshi bahitanywe n’ihohoterwa ryayakorewe mo.

EU yasabye Leta ya Tanzania gukomeza urugendo rwo kubaka demokarasi ishamikiye ku mashyaka menshi, no kugirana ibiganiro n’impande zose zirimo amashyaka atavuga rumwe na Leta ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta, mu rwego rwo kunga ubumwe bw’igihugu no kongera icyizere mu baturage.

Kugeza ubu nta cyo leta ya Tanzania yari yatangaza kuri ibyo ishinjwa na EU kuko na Perezida Samia Suluhu nyuma y’amatora ntiyongeye kugaragara yewe no ku rubuga rwe rwa X nta heruka kugira icyo atangaza.