issa
Sudani y’Epfo: Abarenga 70 baguye mu gitero cyagabwe ku kirombe cya zahabu

Sudani y’Epfo: Abarenga 70 baguye mu gitero cyagabwe ku kirombe cya zahabu

Mar 30, 2026 - 19:04
 0

Abarenga 73 biciwe mu gitero cyagabwe ku kirombe gicukurwamo zahabu giherereye mu gace ka Khor Kaltan hafi y’umujyi wa Juba muri Sudan y’Epfo, 25 barakomereka nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’igihugu.


Ni amakuru yatangajwe na Visi Perezida wa Sudan y’Epfo Dr. James Wani Igga kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Werurwe 2026, avuga ko abo bantu bapfiriye mu gitero cyagabwe aho bari basanzwe bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu.

Mu itangazo yashyize hanze, Dr. James yavuze ko nyuma y’icyo gitero abagikomerekeyemo bahise bajyanwa ku bitaro biri hafi kugirango bitabweho mu gihe inzego z’umutekano zarimo zigerageza guhangana n’umutwe wari ukigabye.

Amakuru ahari kugeza ubu ni uko uwo mutwe ukekwa kuba uwa NAS, umwe mu irwanya leta ya Sudan y’Epfo, ukaba warishe abantu ugamije kwiba ayo mabuye ya zahabu barimo gucukura nubwo leta y’iki gihugu ivuga ko inzego z’umutekano zigikora iperereza neza kugira ngo ukuri kumenyekane.

Abatavuga rumwe na leta ya Perezida Salva Kiir uri ku butegetsi bakomeje kwandika ku mbuga nkoranyambaga zabo zirimo X banakwirakwiza amashusho yabo kuri TikTok bavuga ko ingabo ze arizo zagabye icyo gitero nubwo kugeza ubu leta itigeze igira icyo ibivugaho.

Sudani y’Epfo: Abarenga 70 baguye mu gitero cyagabwe ku kirombe cya zahabu

Mar 30, 2026 - 19:04
Mar 30, 2026 - 23:06
 0
Sudani y’Epfo: Abarenga 70 baguye mu gitero cyagabwe ku kirombe cya zahabu

Abarenga 73 biciwe mu gitero cyagabwe ku kirombe gicukurwamo zahabu giherereye mu gace ka Khor Kaltan hafi y’umujyi wa Juba muri Sudan y’Epfo, 25 barakomereka nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’igihugu.


Ni amakuru yatangajwe na Visi Perezida wa Sudan y’Epfo Dr. James Wani Igga kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Werurwe 2026, avuga ko abo bantu bapfiriye mu gitero cyagabwe aho bari basanzwe bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu.

Mu itangazo yashyize hanze, Dr. James yavuze ko nyuma y’icyo gitero abagikomerekeyemo bahise bajyanwa ku bitaro biri hafi kugirango bitabweho mu gihe inzego z’umutekano zarimo zigerageza guhangana n’umutwe wari ukigabye.

Amakuru ahari kugeza ubu ni uko uwo mutwe ukekwa kuba uwa NAS, umwe mu irwanya leta ya Sudan y’Epfo, ukaba warishe abantu ugamije kwiba ayo mabuye ya zahabu barimo gucukura nubwo leta y’iki gihugu ivuga ko inzego z’umutekano zigikora iperereza neza kugira ngo ukuri kumenyekane.

Abatavuga rumwe na leta ya Perezida Salva Kiir uri ku butegetsi bakomeje kwandika ku mbuga nkoranyambaga zabo zirimo X banakwirakwiza amashusho yabo kuri TikTok bavuga ko ingabo ze arizo zagabye icyo gitero nubwo kugeza ubu leta itigeze igira icyo ibivugaho.