Sudan: Umujyi wa Kadugli wongera kugenzurwamo n’ingabo za Leta nyuma y’imirwano ikomeye
Ingabo za Leta ya Sudan zatangaje ko zisubije umujyi wa Kadugli, umurwa mukuru w’intara ya majyepfo ya Kordofan, wari warigaruriwe n'ingabo z'umutwe witwaje intwaro wa RSF.
Itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw'ingabo za Sudan rivuga ko Umujyi wa Kadugli, wari umaze igihe warigaruriwe n’uwo mutwe wa RSF, wusubijwe n’ingabo binyuze mu mirwano ikomeye yabereye mu muhanda uhuza uwo Mujyi wa Kadugli n’uwa Dilling.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Leta ya Sudan, Abdel Fattah al-Burhan, yavuze ko uwo Mujyi wabohowe ndetse ko ubu abaturage bawutuye bagiye gutangira guhabwa ubufasha burimo ibyo kurya n’ibyo kunywa nyuma y’igihe kitari gito babayeho nabi.
Al-Burhan yavuze ko ingabo za Sudan nta gahenge ziteze guha imitwe yitwaje intwaro iba muri icyo gihugu ndetse ko nta masezerano Inzego z'umutekano z'icyo gihugu ziteganya kugirana n’iyo mitwe ihungabanya umutekano w'abatuye Sudan.
Kugeza ubu ingabo z'umutwe witwaje intwaro wa RSF umaze gukurwa mu Mujyi wa El-Fasher n’uwa Kadugli.
Sudan yinjiye mu mirwano yeruye n’uwo mutwe witwaje intwaro wa RSF muri Mata 2023, abarenga 40,000 bikaba bivugwa ko bamaze kuyiburiramo ubuzima nk'uko Inzego z’ubuvuzi za Sudan zabitangaje.


Kinyarwanda
English
Swahili









