Ingabo z’u Burundi zahiye ubwoba zirikanga igitero cya M23 muri Uvira
Amakuru akomeje kuva muri Kivu y’Amajyepfo yemeza ko ingabo z’u Burundi zari zimenyereweho kwihagararaho mu bikorwa bya EACRF na FARDC, zatangiye kugaragaza ubwoba n’uruhare rwuzuye impungenge, bitewe n’uko umutwe wa AFC/M23 ukomeje kwegereza Umujyi wa Uvira no kwagura ibikorwa byawo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uvira, umujyi ukomeye uhana imbibi n’u Burundi, ufatwa nk’irembo ry’ingenzi mu bucuruzi no mu mutekano hagati y’ibihugu byombi, ubu uri mu bihe by’umutekano muke bitewe n’uko amakuru ahamya ko AFC/M23 ishobora kuwugabaho igitero igihe icyo ari cyo cyose.
The Great lakes Eye ivuga ko mu mpera z’ukwezi kwa Ukwakira 2025, AFC/M23 yoherereje Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, intumwa zimugezaho ubutumwa bukomeye bwerekana ingaruka zishobora kuvuka naramuka adategetse ingabo ze kuva mu burasirazuba bwa Congo. Gusa amakuru avuga ko ubwo butumwa butatumye Bujumbura ihindura imigambi yayo muri Congo.
Ahubwo, amakuru aturuka mu nzego z’umutekano muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko abayobozi bakuru b’ingabo z’u Burundi bahaye amabwiriza akaze abasirikare babo bo muri Kivu gukomeza kuguma mu birindiro, kongera ingufu mu kwirwanaho, gucukura imyobo yo kwihishamo no gucunga umutekano, no kuburira ko umusirikare wese uzava ku rugamba azahanirwa ubunebwe cyangwa ubugwari.
Ibi byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko ubwoba buhari, nubwo ubuyobozi bwa gisirikare bwa Bujumbura budashaka kubigaragaza ku mugaragaro.
Uburemere bw’iki kibazo bwongeye kwigaragaza ubwo Brig. Gen. Elie Ndizigiye, Umugaba wungirije w’Ingabo z’u Burundi zirwanira ku butaka, yahamagazaga inama zikomeye mu ntangiriro z’Ugushyingo 2025, aganira n’abayobozi ba brigade zoherejwe muri Kivu y’Amajyepfo kugira ngo hasuzumwe uko bahagaze, ingamba nshya z’umutekano, n’ukuntu bahangana n’igitutu cya AFC/M23.
Abasesenguzi bavuga ko umwuka uri mu ngabo z’u Burundi ushobora kuba ikimenyetso cy’ihindagurika rikomeye mu bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, cyane ko AFC/M23 ikomeje kwigarurira uduce twinshi no gutuma ingabo za FARDC n’inshuti zayo ihangayika.
Kugeza ubu, ubutegetsi bw’u Burundi ntiburatangaza ku mugaragaro impungenge z’ingabo zabwo, ariko ibikorwa n’amabwiriza bitangwa ku basirikare babwo muri Kivu bigaragaza ko hari ubwoba bw’igihe kirekire ko AFC/M23 ishobora kuba yitegura ibikorwa binini birenze ibyo imaze iminsi ikora.


Kinyarwanda
English
Swahili









