issa
Somalia yasheshe amasezerano yose yari ifitanye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Somalia yasheshe amasezerano yose yari ifitanye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Jan 13, 2026 - 12:29
 0

Guverinoma ya Somalia yatangaje ko isheshe burundu amasezerano yose yagiranye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), arimo ajyanye n’icyambu n’ubufatanye mu bya gisirikare, ishinja iki gihugu guhungabanya ubusugire n’ubwigenge bwayo.


Iki cyemezo cyafashwe ku wa 12 Mutarama 2025, nyuma y’inama y’Abaminisitiri, aho yavuze ko gishingiye kuri raporo zizewe n’ibimenyetso bifatika bigaragaza ibikorwa by’urwango bibangamira ubusugire bw’igihugu, ubumwe bw’akarere n’ubwigenge bwa politiki ya Somalia.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Guverinoma ya Somalia yagize iti: “Iki cyemezo kireba amasezerano yose n’ubufatanye bijyanye n’ibyambu bya Berbera, Bosaso na Kismayo, ndetse n’amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano n’ubwirinzi hagati ya Somalia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya UAE ntiyahise itanga igisubizo ku busabe bw’ibisobanuro byatanzwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.

Iki cyemezo cya Somalia kije mu gihe iki gihugu cyo mu Ihembe rya Afurika cyari cyatangiye iperereza mu cyumweru gishize, nyuma y’uko ihuriro riyobowe na Arabia Saudite muri Yemeni ritangaje ko UAE yasohoye umuyobozi urwanya ubutegetsi bwa Yemeni imunyujije muri Somalia. Icyo gihe, Mogadishu yari yatangaje ko niba ibyo birego bigaragaye ko ari ukuri, byaba bigize kuvogera gukabije ubusugire bw’igihugu.

Iryo huriro riyobowe na Arabia Saudite rishinja UAE gufasha mu gusohora mu buryo bwa magendu umuyobozi urwanya ubutegetsi bwa Yemeni, nyuma yo kwirukanwa mu Kanama k’Umukuru w’Igihugu cya Yemeni, ndetse agashinjwa ibyaha by’ubuhemu n’ubugambanyi.

Iki kibazo gikomeje gukaza umwuka mubi mu mubano wa Somalia na UAE, mu gihe ingaruka z’iki cyemezo ku mutekano n’ubukungu bw’akarere zikomeje kwibazwa na benshi.

Somalia yasheshe amasezerano yose yari ifitanye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Jan 13, 2026 - 12:29
 0
Somalia yasheshe amasezerano yose yari ifitanye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Guverinoma ya Somalia yatangaje ko isheshe burundu amasezerano yose yagiranye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), arimo ajyanye n’icyambu n’ubufatanye mu bya gisirikare, ishinja iki gihugu guhungabanya ubusugire n’ubwigenge bwayo.


Iki cyemezo cyafashwe ku wa 12 Mutarama 2025, nyuma y’inama y’Abaminisitiri, aho yavuze ko gishingiye kuri raporo zizewe n’ibimenyetso bifatika bigaragaza ibikorwa by’urwango bibangamira ubusugire bw’igihugu, ubumwe bw’akarere n’ubwigenge bwa politiki ya Somalia.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Guverinoma ya Somalia yagize iti: “Iki cyemezo kireba amasezerano yose n’ubufatanye bijyanye n’ibyambu bya Berbera, Bosaso na Kismayo, ndetse n’amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano n’ubwirinzi hagati ya Somalia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya UAE ntiyahise itanga igisubizo ku busabe bw’ibisobanuro byatanzwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.

Iki cyemezo cya Somalia kije mu gihe iki gihugu cyo mu Ihembe rya Afurika cyari cyatangiye iperereza mu cyumweru gishize, nyuma y’uko ihuriro riyobowe na Arabia Saudite muri Yemeni ritangaje ko UAE yasohoye umuyobozi urwanya ubutegetsi bwa Yemeni imunyujije muri Somalia. Icyo gihe, Mogadishu yari yatangaje ko niba ibyo birego bigaragaye ko ari ukuri, byaba bigize kuvogera gukabije ubusugire bw’igihugu.

Iryo huriro riyobowe na Arabia Saudite rishinja UAE gufasha mu gusohora mu buryo bwa magendu umuyobozi urwanya ubutegetsi bwa Yemeni, nyuma yo kwirukanwa mu Kanama k’Umukuru w’Igihugu cya Yemeni, ndetse agashinjwa ibyaha by’ubuhemu n’ubugambanyi.

Iki kibazo gikomeje gukaza umwuka mubi mu mubano wa Somalia na UAE, mu gihe ingaruka z’iki cyemezo ku mutekano n’ubukungu bw’akarere zikomeje kwibazwa na benshi.