issa
Sisiteme turayibona ku mukino! Umutoza wa Rayon Sports yizeye intsinzi

Sisiteme turayibona ku mukino! Umutoza wa Rayon Sports yizeye intsinzi

Sep 20, 2025 - 10:52
 0

Umutoza wa Rayon Sports, Afhamia Lotfi, yatangaje ko baratsinda Singda Black Stars mu mukino wa CAF Confederations Cup.


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Nzeri 2025, nibwo Rayon Sports iraza kwambikana na Singda Black Stars mu mukino ubanza wa CAF Confederations Cup. Ni umukino utoroshye abakinnyi, abatoza, abafana biteguye neza ku buryo bizeye intsinzi.

Ku wa gatanu tariki 19 Nzeri 2025, umutoza wa Rayon Sports yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru atangaza ko ikipe yiteguye neza kandi bazitwara neza kubera Imana.

Yagize ati “Twakoze ‘Pré-saison’ kare cyane, dukina imikino myinshi. Twiteguye neza kandi ejo tuzakina umukino mwiza imbere y’abafana bacu, ku kibuga cyacu, Kubera Imana.”

Afhamia Lotfi yongeyeho ko Singda Black Stars bayizi neza kuko babonye uko ikina muri CECAFA ndetse ko bafite abakinnyi beza ariko kandi na Rayon Sports ifite abakinnyi beza.

 Yagize ati “Ni ikipe ikomeye, ndayizi kuko nayibonye muri CECAFA. Ifite abakinnyi mpuzamahanga bakomoka muri Zambia na Uganda. Ariko mu mupira, dutinya ikipe ntidushobora gukina. Turi abakinnyi 11 kuri 11, natwe dufite abakinnyi beza kandi tuzagerageza amahirwe yacu. Kubera Imana tuzabona itike yo gukomeza.”


Yakomeje agira ati “Mu mupira ugezweho, guhindura abakinnyi si ikibazo. Tumaze hafi amezi abiri n’igice dukorana, ubu abakinnyi bamaze kumenyana hagati yabo. Ndizeye ko ku rwego rwabo bashobora guhangana, kandi nibakina ku rwego rwabo ntituzagira ibibazo bikomeye.”

Mu bindi uyu mutoza yagarutseho ni uburyo bw’imikinire abafana benshi baterwa ubwoba nabwo, avuga ko uko bazakina bazabibona mu mukino kandi bazakora ibishoboka byose bagatsinda.

 Yagize ati “Sisiteme tuzayibona ku mukino. Twiteguye gukina n’ikipe ikomeye, kandi twakoze ibishoboka byose ngo tuyitsinde.”

Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma ku wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025, abakinnyi bose bari bahari usibye Emery Bayisenge na Fall NGagne batameze neza.

 


 

 

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Sisiteme turayibona ku mukino! Umutoza wa Rayon Sports yizeye intsinzi

Sep 20, 2025 - 10:52
Sep 20, 2025 - 11:10
 0
Sisiteme turayibona ku mukino! Umutoza wa Rayon Sports yizeye intsinzi

Umutoza wa Rayon Sports, Afhamia Lotfi, yatangaje ko baratsinda Singda Black Stars mu mukino wa CAF Confederations Cup.


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Nzeri 2025, nibwo Rayon Sports iraza kwambikana na Singda Black Stars mu mukino ubanza wa CAF Confederations Cup. Ni umukino utoroshye abakinnyi, abatoza, abafana biteguye neza ku buryo bizeye intsinzi.

Ku wa gatanu tariki 19 Nzeri 2025, umutoza wa Rayon Sports yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru atangaza ko ikipe yiteguye neza kandi bazitwara neza kubera Imana.

Yagize ati “Twakoze ‘Pré-saison’ kare cyane, dukina imikino myinshi. Twiteguye neza kandi ejo tuzakina umukino mwiza imbere y’abafana bacu, ku kibuga cyacu, Kubera Imana.”

Afhamia Lotfi yongeyeho ko Singda Black Stars bayizi neza kuko babonye uko ikina muri CECAFA ndetse ko bafite abakinnyi beza ariko kandi na Rayon Sports ifite abakinnyi beza.

 Yagize ati “Ni ikipe ikomeye, ndayizi kuko nayibonye muri CECAFA. Ifite abakinnyi mpuzamahanga bakomoka muri Zambia na Uganda. Ariko mu mupira, dutinya ikipe ntidushobora gukina. Turi abakinnyi 11 kuri 11, natwe dufite abakinnyi beza kandi tuzagerageza amahirwe yacu. Kubera Imana tuzabona itike yo gukomeza.”


Yakomeje agira ati “Mu mupira ugezweho, guhindura abakinnyi si ikibazo. Tumaze hafi amezi abiri n’igice dukorana, ubu abakinnyi bamaze kumenyana hagati yabo. Ndizeye ko ku rwego rwabo bashobora guhangana, kandi nibakina ku rwego rwabo ntituzagira ibibazo bikomeye.”

Mu bindi uyu mutoza yagarutseho ni uburyo bw’imikinire abafana benshi baterwa ubwoba nabwo, avuga ko uko bazakina bazabibona mu mukino kandi bazakora ibishoboka byose bagatsinda.

 Yagize ati “Sisiteme tuzayibona ku mukino. Twiteguye gukina n’ikipe ikomeye, kandi twakoze ibishoboka byose ngo tuyitsinde.”

Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma ku wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025, abakinnyi bose bari bahari usibye Emery Bayisenge na Fall NGagne batameze neza.