issa
Rutahizamu Gorilla FC yitezeho ibitego byinshi yageze mu Rwanda (AMAFOTO)

Rutahizamu Gorilla FC yitezeho ibitego byinshi yageze mu Rwanda (AMAFOTO)

Oct 29, 2025 - 08:15
 0

Rutahizamu mushya Gorilla FC iheruka gusinyisha Kalifa Traoré, yageze mu Rwanda.


Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukwakira 2025 mu masaha ashyira Saa Munani zo mu rucyerera, nibwo Ubuyobozi bwa Gorilla FC bwakiriye rutahizamu Kalifa Traoré wageze mu Rwanda avuye iwabo muri Mali.

Uyu musore afite imyaka 23 ndetse yakiniye ikipe y'igihugu ya Mali y'abatarengeje imyaka 23. Uyu mukinnyi aheruka gusinyira Gorilla FC ku itariki 22 Ukwakira 2025 bikozwe mu buryo bwa Iyakure.

Kalifa Traoré ni umwe mu bakinnyi bitezweho gutsindira Gorilla FC ibitego kuko kugeza ubu iyi kipe nubwo itaratsindwa umukino n'umwe muri shampiyona ariko igowe cyane no kubona ibitego.

Uyu munya-Mali aje muri Gorilla FC avuye mu ikipe y'iwabo yitwa Afrique Football Elite FC ariko akaba yaranakiniye ikipe yitwa Bakaridjan FC. Kalifa Traoré bivugwa ko yasinyiye Gorilla FC amasezerano y'umwaka umwe.

Muri 2022, ubwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi y'abatarengeje imyaka 23 yakinaga n'ikipe y'igihugu ya Mali y'abatarengeje iyi myaka, uyu mukinnyi yari umwe mu baje hano mu Rwanda ndetse ni nawe watsinze igitego kimwe rukumbi cyatumye ikipe y'igihugu ya Mali isezerera u Rwanda. Icyo gihe byari mu gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rutahizamu Gorilla FC yitezeho ibitego byinshi yageze mu Rwanda (AMAFOTO)

Oct 29, 2025 - 08:15
 0
Rutahizamu Gorilla FC yitezeho ibitego byinshi yageze mu Rwanda (AMAFOTO)

Rutahizamu mushya Gorilla FC iheruka gusinyisha Kalifa Traoré, yageze mu Rwanda.


Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukwakira 2025 mu masaha ashyira Saa Munani zo mu rucyerera, nibwo Ubuyobozi bwa Gorilla FC bwakiriye rutahizamu Kalifa Traoré wageze mu Rwanda avuye iwabo muri Mali.

Uyu musore afite imyaka 23 ndetse yakiniye ikipe y'igihugu ya Mali y'abatarengeje imyaka 23. Uyu mukinnyi aheruka gusinyira Gorilla FC ku itariki 22 Ukwakira 2025 bikozwe mu buryo bwa Iyakure.

Kalifa Traoré ni umwe mu bakinnyi bitezweho gutsindira Gorilla FC ibitego kuko kugeza ubu iyi kipe nubwo itaratsindwa umukino n'umwe muri shampiyona ariko igowe cyane no kubona ibitego.

Uyu munya-Mali aje muri Gorilla FC avuye mu ikipe y'iwabo yitwa Afrique Football Elite FC ariko akaba yaranakiniye ikipe yitwa Bakaridjan FC. Kalifa Traoré bivugwa ko yasinyiye Gorilla FC amasezerano y'umwaka umwe.

Muri 2022, ubwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi y'abatarengeje imyaka 23 yakinaga n'ikipe y'igihugu ya Mali y'abatarengeje iyi myaka, uyu mukinnyi yari umwe mu baje hano mu Rwanda ndetse ni nawe watsinze igitego kimwe rukumbi cyatumye ikipe y'igihugu ya Mali isezerera u Rwanda. Icyo gihe byari mu gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi.