issa
DRC: Ingabo za Leta zashinjwe na M23 kurasa ahatuwe n’abaturage

DRC: Ingabo za Leta zashinjwe na M23 kurasa ahatuwe n’abaturage

Oct 28, 2025 - 19:01
 0

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zakoresheje indege zitagira abapilote (drones) mu kurasa “mu duce dutuwe cyane n’abaturage” mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


Nk’uko Kanyuka yabivuze mu itangazo yashyize ahagaragara, ibyo bitero byabaye mu ma saa cyenda z’igicuku, byibasiye uduce twa Kibati, Bibwe, Nyabyondo, Bukombo ndetse n’inkengero zatwo.

Yagize ati: “Ingabo za Leta zakoresheje drones mu gitero cyibasiye abaturage basanzwe. Ibi bigaragaza ubundi buryo bwo kurenga ku burenganzira bwa muntu bukomeje kugaragara muri uru rugamba.”

Ibi bitero byakurikiye ibindi byinshi byamaze igihe bigabwa na FARDC n’imitwe iyifasha ku rugamba, by’umwihariko muri Kivu y’Amajyepfo ndetse no muri Masisi na Walikale, mu Kivu y’Amajyaruguru.

Imirwano hagati ya FARDC n’umutwe wa AFC/M23 imaze igihe igaragara nk’iyongereye ubukana, ikaba ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku baturage bo muri ako gace, bamwe bava mu byabo, abandi bagahura n’ibibazo by’umutekano n’inzara.

Kugeza ubu, ubutegetsi bwa Kinshasa ntiburatanga igisubizo ku birego byatanzwe n’umuvugizi wa AFC/M23.

 

DRC: Ingabo za Leta zashinjwe na M23 kurasa ahatuwe n’abaturage

Oct 28, 2025 - 19:01
Oct 28, 2025 - 19:11
 0
DRC: Ingabo za Leta zashinjwe na M23 kurasa ahatuwe n’abaturage

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zakoresheje indege zitagira abapilote (drones) mu kurasa “mu duce dutuwe cyane n’abaturage” mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


Nk’uko Kanyuka yabivuze mu itangazo yashyize ahagaragara, ibyo bitero byabaye mu ma saa cyenda z’igicuku, byibasiye uduce twa Kibati, Bibwe, Nyabyondo, Bukombo ndetse n’inkengero zatwo.

Yagize ati: “Ingabo za Leta zakoresheje drones mu gitero cyibasiye abaturage basanzwe. Ibi bigaragaza ubundi buryo bwo kurenga ku burenganzira bwa muntu bukomeje kugaragara muri uru rugamba.”

Ibi bitero byakurikiye ibindi byinshi byamaze igihe bigabwa na FARDC n’imitwe iyifasha ku rugamba, by’umwihariko muri Kivu y’Amajyepfo ndetse no muri Masisi na Walikale, mu Kivu y’Amajyaruguru.

Imirwano hagati ya FARDC n’umutwe wa AFC/M23 imaze igihe igaragara nk’iyongereye ubukana, ikaba ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku baturage bo muri ako gace, bamwe bava mu byabo, abandi bagahura n’ibibazo by’umutekano n’inzara.

Kugeza ubu, ubutegetsi bwa Kinshasa ntiburatanga igisubizo ku birego byatanzwe n’umuvugizi wa AFC/M23.