RDC: Imitwe yitwaje intwaro yasinye amasezerano yo guhagarika imirwano
CODECO n’indi mitwe yitwaje intwaro myinshi ikorera mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,yasinye amasezerano yo guhagarika imirwano.
Kuwa Gatanu tariki ya 27 Kamena 2025, nibwo iyi mitwe yagiranye amasezerano yo guhagarika imirwano n’ubugizi bwa nabi.
Aya masezerano yasinywe nyuma y’ibiganiro bimaze iminsi itanu bihuza abahagarariye iyi mitwe muri teritwari ya Aru.Byanitabiriwe n’abashinzwe umutekano, abahagarariye sosiyete sivile, abayobozi b’amoko ndetse n’aba gakondo.
Imitwe irimo FRPI, FPIC, Tchini ya Tuna na CODECO niyo yagiranye aya masezerano. MAPI na Auto-défense Zaïre byitabiriye ibi biganiro uretse ko yanze gusinya nyuma y’aho CODECO yishe abaturage 11 muri teritwari ya Djugu mu gitondo cyo ku wa 27 Kamena.
Iyi mitwe yemeranyije ko mu rwego rwo kugaragaza ubushake bwo kubahiriza aya masezerano, abana bari barinjijwemo bahita barekurwa kandi ko abarwanyi bayo batazongera kugendana intwaro.
Yaciye amarenga ariko ko mu gihe bizaba ngombwa, abarwanyi bayo bazongera bagafata intwaro kugira ngo barwanire igihugu, kuko ngo bazahora biteguye kwitaba mu gihe bahamagarwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









