RDB yadohoye! Amasaha yo guceza yagejejwe mu gitondo
Amasaha yo kwidagadura yashwizwe saa kumi za mu gitondo mu cyumweru cyo kwakira isiganwa mpuzamahanga ry'amagare.
Urwego rw'igihugu rw'iterambere [RDB] rwarekuye amasaha yo gufunga ibikorwa by'imyidagaduro ava saa mu nani mu minsi ya Weekend na saa saba mu mibyizi ashyirwa ku isaha ya saa kumi za mu gitondo.
iryo tangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za RDB zirondora serivisi zemerewe gukesha harimo utubyiniro, aho barira, amaduka n'ibindi.
Ni icyemezo gifashwe nyuma y'uko u Rwanda rwakiriye isiganwa ry'isi ry'amagare (UCI) rizatangira ku wa 21 Nzeri 2025 kugeza ku wa 2028 Nzeri 2025. Mu ijoro ryo ku wa 20 Nzeri 2025 inzira zose zizanyurwamo abasiganwa barazicamo bimenyereza.


Kinyarwanda
English
Swahili









