issa
Ramaphosa yasabye Israel kurekure vuba na bwangu abaturage be yashimuse

Ramaphosa yasabye Israel kurekure vuba na bwangu abaturage be yashimuse

Oct 3, 2025 - 09:20
 0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasabye Leta ya Israel kurekura vuba na bwangu Abanya-Afurika y’Epfo bafashwe n’ingabo z’igisirikare z’icyo gihugu, nyuma yo gufatirwa mu mato ya Global Sumud Flotilla barimo yari ajyanye ubutabazi muri Palestina.


Perezida wa Afurika y'Epfo Cyril Ramaphosa ku wa 2 Ukwakira mu itangazo yashyize hanze ku rubuga rwa X ya leta y’icyo gihugu yavuze ko abo baturage bashimutiwe ku cyambu cya Ashdod ndetse ko igikorwa cyo kubafata bakuwe mu mato barimo atari icyo kubabuza kwinjira mu gihugu gusa, ahubwo ko ari ugusuzugura ubufatanye mpuzamahanga bwaba gerageza kurokora abatuye muri Gaza.

Amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Afurika y'Epfo kuri uyu wa Kane taliki ya 2 Ukwakira yo avuga ko mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, ku cyambu cya Ashdod ingabo za Israheli zashimuse amato 40 yari atwaye abantu barenga 500 bo mu bihugu 40 bitandukanye barimo n’Abanya Afurika y'Epfo bari bajyanye imfashanyo muri Gaza.

Amakuru ahari akavuga ko muri abo bashimuswe harimo abantu batatu bari bavuye muri Afurika y'Epfo arimo Nkosi alino Zwelivelile, Mandlla, ndetse na Mandela umwuzukuru w’uwahoze ari Perezida wa Afurika y'Epfo Nelson Mandela intwari ikomeye ya Afurika yose.

Mu gihe ibyo byatangazwaga havuzwe ko ubwato bumwe bwitwa Mikeno bwabashije gucika abasirikare ba Israel bukinjira mu mazi ya Palestina. Uretse ko ngo kuva icyo gihe kugeza ubu nta makuru na make yabari muri ubwo bwato ndetse ko nta nuzi irengero ryabwo kuko na telephone zabari barimo zitakiri ku muronko.

Perezida Ramaphosa yasabye Israel ko abo baturage b’igihugu cye barekurwa vuba kandi nta mananiza, avuga ko igihugu cye kidateze kuzihanganira na gato ikindi gikorwa gisa n'icyo cyo gusenya uburenganzira bw’abaturage.

Kugeza ubu Israheli ikomeje kubuza amato yose kwinjira muri Gaza haba ku nyanja no ku butaka, ni mu gihe kandi imiryango itandukanye ku isi iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko abatuye ako gace ka Gaza bakomeje kubaho nabi kubera kutabona inkunga n’imfashanyo.

Ramaphosa yasabye Israel kurekure vuba na bwangu abaturage be yashimuse

Oct 3, 2025 - 09:20
Oct 3, 2025 - 10:19
 0
Ramaphosa yasabye Israel kurekure vuba na bwangu abaturage be yashimuse

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasabye Leta ya Israel kurekura vuba na bwangu Abanya-Afurika y’Epfo bafashwe n’ingabo z’igisirikare z’icyo gihugu, nyuma yo gufatirwa mu mato ya Global Sumud Flotilla barimo yari ajyanye ubutabazi muri Palestina.


Perezida wa Afurika y'Epfo Cyril Ramaphosa ku wa 2 Ukwakira mu itangazo yashyize hanze ku rubuga rwa X ya leta y’icyo gihugu yavuze ko abo baturage bashimutiwe ku cyambu cya Ashdod ndetse ko igikorwa cyo kubafata bakuwe mu mato barimo atari icyo kubabuza kwinjira mu gihugu gusa, ahubwo ko ari ugusuzugura ubufatanye mpuzamahanga bwaba gerageza kurokora abatuye muri Gaza.

Amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Afurika y'Epfo kuri uyu wa Kane taliki ya 2 Ukwakira yo avuga ko mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, ku cyambu cya Ashdod ingabo za Israheli zashimuse amato 40 yari atwaye abantu barenga 500 bo mu bihugu 40 bitandukanye barimo n’Abanya Afurika y'Epfo bari bajyanye imfashanyo muri Gaza.

Amakuru ahari akavuga ko muri abo bashimuswe harimo abantu batatu bari bavuye muri Afurika y'Epfo arimo Nkosi alino Zwelivelile, Mandlla, ndetse na Mandela umwuzukuru w’uwahoze ari Perezida wa Afurika y'Epfo Nelson Mandela intwari ikomeye ya Afurika yose.

Mu gihe ibyo byatangazwaga havuzwe ko ubwato bumwe bwitwa Mikeno bwabashije gucika abasirikare ba Israel bukinjira mu mazi ya Palestina. Uretse ko ngo kuva icyo gihe kugeza ubu nta makuru na make yabari muri ubwo bwato ndetse ko nta nuzi irengero ryabwo kuko na telephone zabari barimo zitakiri ku muronko.

Perezida Ramaphosa yasabye Israel ko abo baturage b’igihugu cye barekurwa vuba kandi nta mananiza, avuga ko igihugu cye kidateze kuzihanganira na gato ikindi gikorwa gisa n'icyo cyo gusenya uburenganzira bw’abaturage.

Kugeza ubu Israheli ikomeje kubuza amato yose kwinjira muri Gaza haba ku nyanja no ku butaka, ni mu gihe kandi imiryango itandukanye ku isi iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko abatuye ako gace ka Gaza bakomeje kubaho nabi kubera kutabona inkunga n’imfashanyo.