Perezida wa FERWAFA yasubije Rayon Sports na APR FC zashakaga ko bagabana
Perezida w'ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda FERWAFA, Munyentwari Alphonse, yasubije ikipe zizakina umukino wa nyuma yashakaga ko bagabana.
Ni ikiganiro yahaye itangazamakuru nyuma y'inteko rusange idasanzwe ya FERWAFA yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Gicurasi 2025. Iyi nteko havugururiwemo amwe mu mategeko hifashishijwe ayari muri CAF ndetse na FIFA.
Perezida wa FERWAFA, Munyentwari Alphonse, nyuma y'iyi nteko yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports na APR FC ibyo zasabaga bidashoboka.
Mu minsi ibiri ishize nibwo amakipe 2 azahurira Final y'igikombe cy'Amahoro, APR FC na Rayon Sports, zagiranye ibiganiro na FERWAFA zisaba ko amafaranga azinjira kuri uyu mukino bazagabana na FERWAFA 50/50.
Ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda FERWAFA ryaje kubahakanira kuko batahindura uko ibintu bimeze ngo ni uko umukino washyizwe kuri Sitade Amahoro cyangwa kubera ko izi ari zo zageze ku mukino wa nyuma ariko barimo gushaka uko bazamura ibihembo.
Yagize ati "Turashaka kongera ibihembo tudashingiye kuko ari hanini cyangwa ari hatoya. Ibihembo dutanga nanjye mbona ari bicye ariko mu minsi iri imbere bishobora kuziyongera."
Rayon Sports na APR zemeye gukina ndetse umukino uteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 4 Gicurasi 2025. Uyu mukino uzabera kuri sitade Amahoro ku isaha ya saa Kumi n'igice z'umugoroba.
Ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya Mukura Victory Sports igitego kimwe ku busa ubwo imikino yombi iba ibitego 2-1. Ikipe ya APR FC yatsinze ikipe ya Police FC igitego 1-0 ikomeza ku giteranyo cy'ibitego 2-1.
Munyentwari Alphonse perezida wa FERWAFA


Kinyarwanda
English
Swahili









