issa
OMS: Abagera kuri miliyoni 24 barwaye diyabete muri Afurika bashobora kugera kuri miliyoni 60

OMS: Abagera kuri miliyoni 24 barwaye diyabete muri Afurika bashobora kugera kuri miliyoni 60

Nov 15, 2025 - 11:29
 0

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Ugushyingo ku munsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya diyabete Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO, ryatangaje ko Umugabane wa Afurika ugeze mu bihe bibi bidasanzwe by’izamuka ry’iyi ndwara, ku kigero kitigeze kibaho mbere.


Amakuru yatangajwe na OMS kuri uyu wa gatanu avuga ko muri Afurika abantu bagera kuri miliyoni 24 bari mu myaka ya 20 na 79 ubu barwaye iyo ndwara ya diyabete. OMS yavuze ko kwiyongera kw’iyi ndwara gushobora gukomeza ku buryo gishobora kugera ku kigero cya miliyoni 60 mu mwaka wa 2050, mu gihe hatagize igikorwa ngo iyo ndwara ifatirwe ingamba zo kuyirinda.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO kandi ryavuze ko izo mpinduka no kwiyongera kw’iyo ndwara ya diyabete muri Afurika bikomeje gushyira mu kaga abayandura ndetse n’ibigo by’ubuzima, bitewe n’uko ngo iyo ndwara ya diyabete itera izindi ndwara zikomeye zirimo indwara z’umutima, umuvuduko w'amaraso, uburwayi bw’impyiko, kwangirika kw’imitsi ndetse no gupfa imburagihe ku wayanduye.

Umuyobozi uhagarariye Afurika muri OMS, Dr. Mohamed Janabi, yavuze ko uko kuzamuka no kwiyongera kw’abarwara diyabete ahanini biterwa no kwiyongera kw’imirire mibi ndetse no kubura serivisi zitandukanye zirimo izo kwipimisha no kwivuza kare ku bagaragayeho ibimenyetso byayo hakiri kare.

Dr. Mohamed Janabi yasabye ibihugu bya Afurika gushora imari mu nzego z’ubuzima, hagashyirwa imbaraga muri serivisi zo kwita ku barwayi abantu bakipimisha kare ngo bamenye uko bahagaze ndetse hakanashyirwaho uburyo bushoboka bwose bwo kurwanya iyo ndwara.

Yanibukije abatuye Afurika bose ko bakwiye kwiyitaho kuko n’abyo ari ingenzi cyane anabasaba gukora imyitozo ngororamubiri kenshi, gufata amafunguro afite intungamubiri, no gufata imiti uko yanditswe igihe cyose urwaye iyo ndwara.

OMS/WHO ivuga ko kandi igihugu cya Ghana na Uganda ari bimwe mu bihugu ubu biri kwisonga mu kubahiriza serivisi zishoboka mu kurwanya iyo ndwara ya diyabete yugarije Afurika ubu.

Ibi bibaye mu gihe inzego zitandukanye zita ku buzima ku isi zikomeje gutangaza ko indwara ya diyabete ikomeje kwiyongera ku muvuduko ukomeye, bityo zikaba zisaba inzego z’ubuzima n’abaturage gufatanya kurwanya iyo ndwara.

OMS: Abagera kuri miliyoni 24 barwaye diyabete muri Afurika bashobora kugera kuri miliyoni 60

Nov 15, 2025 - 11:29
Nov 15, 2025 - 21:42
 0
OMS: Abagera kuri miliyoni 24 barwaye diyabete muri Afurika bashobora kugera kuri miliyoni 60

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Ugushyingo ku munsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya diyabete Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO, ryatangaje ko Umugabane wa Afurika ugeze mu bihe bibi bidasanzwe by’izamuka ry’iyi ndwara, ku kigero kitigeze kibaho mbere.


Amakuru yatangajwe na OMS kuri uyu wa gatanu avuga ko muri Afurika abantu bagera kuri miliyoni 24 bari mu myaka ya 20 na 79 ubu barwaye iyo ndwara ya diyabete. OMS yavuze ko kwiyongera kw’iyi ndwara gushobora gukomeza ku buryo gishobora kugera ku kigero cya miliyoni 60 mu mwaka wa 2050, mu gihe hatagize igikorwa ngo iyo ndwara ifatirwe ingamba zo kuyirinda.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO kandi ryavuze ko izo mpinduka no kwiyongera kw’iyo ndwara ya diyabete muri Afurika bikomeje gushyira mu kaga abayandura ndetse n’ibigo by’ubuzima, bitewe n’uko ngo iyo ndwara ya diyabete itera izindi ndwara zikomeye zirimo indwara z’umutima, umuvuduko w'amaraso, uburwayi bw’impyiko, kwangirika kw’imitsi ndetse no gupfa imburagihe ku wayanduye.

Umuyobozi uhagarariye Afurika muri OMS, Dr. Mohamed Janabi, yavuze ko uko kuzamuka no kwiyongera kw’abarwara diyabete ahanini biterwa no kwiyongera kw’imirire mibi ndetse no kubura serivisi zitandukanye zirimo izo kwipimisha no kwivuza kare ku bagaragayeho ibimenyetso byayo hakiri kare.

Dr. Mohamed Janabi yasabye ibihugu bya Afurika gushora imari mu nzego z’ubuzima, hagashyirwa imbaraga muri serivisi zo kwita ku barwayi abantu bakipimisha kare ngo bamenye uko bahagaze ndetse hakanashyirwaho uburyo bushoboka bwose bwo kurwanya iyo ndwara.

Yanibukije abatuye Afurika bose ko bakwiye kwiyitaho kuko n’abyo ari ingenzi cyane anabasaba gukora imyitozo ngororamubiri kenshi, gufata amafunguro afite intungamubiri, no gufata imiti uko yanditswe igihe cyose urwaye iyo ndwara.

OMS/WHO ivuga ko kandi igihugu cya Ghana na Uganda ari bimwe mu bihugu ubu biri kwisonga mu kubahiriza serivisi zishoboka mu kurwanya iyo ndwara ya diyabete yugarije Afurika ubu.

Ibi bibaye mu gihe inzego zitandukanye zita ku buzima ku isi zikomeje gutangaza ko indwara ya diyabete ikomeje kwiyongera ku muvuduko ukomeye, bityo zikaba zisaba inzego z’ubuzima n’abaturage gufatanya kurwanya iyo ndwara.