issa
Muri Shampiyona y'u Rwanda hagiye gutangira guhemba umukinnyi mwiza w'umukino

Muri Shampiyona y'u Rwanda hagiye gutangira guhemba umukinnyi mwiza w'umukino

Sep 12, 2025 - 13:11
 0

Muri Shampiyona y'u Rwanda Saison 2025-2026, hagiye gutangira kujya hahembwa umukinnyi mwiza w'umukino.


Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, nibwo shampiyona y'u Rwanda iraza gutangira hakinwa umukino uraza guhuza Gorilla FC na AS Muhanga. Ni umukino urabera kuri Kigali Pele Stadium saa cyenda z'amanwa.

Ubwo CEO wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, yaganiraga na Radio Rwanda kuri uyu wa Gatanu, yatangaje ko hari ibintu byinshi bigiye guhindurirwa muri uyu mwaka w'imikino kugira ngo Shampiyona izamure urwego yari iriho.

Muri iki Kiganiro kigufi yagarutse kuri byinshi ariko yita cyane ku kongera imbaraga muri shampiyona binyuze mu guhangana cyane, hagatsinda ubikwiye ndetse n'ibindi.

Yagize ati " Muri Shampiyona Saison 2025-2026, turifuza kuzamura ireme ry'irushanwa. Iyo tuvuga ireme ry'irushanwa tuba tuvuga guhangana, utsinze mu kibuga akaba ari uwubikwiye. Ibyo kugira ngo bigerwego hari ingamba zifatwa na Rwanda Premier League n'umufatanyabikorwa wacu mukuru ari we FERWAFA."

Uyu muyobozi yanatangaje ko hari ibindi bizakorwa birimo guhemba abakinnyi. Yagize ati " Hari ibindi umuntu adakwiye guhita atangaza birimo no guhemba abakinnyi bitwaye neza."

Abajiwe niba bazajya bahemba umukinnyi witwaye neza mu mukino yirinze kubitangaza mbere igihe kitaragera ariko agira ati "Mushonje muhishiwe." 

Jules Karangwa wakoze muri FERWAFA nk'umujyanama mu by'Amatekeko, yatangiye akazi nk'umuyobozi wa Rwanda Premier League ku wa 1 Nzeri 2025.

Kimwe mu bigiye guhindurwa muri Shampiyona y'uyu mwaka harimo ikibazo cy'abasifuzi.

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice yamenyesheje abasifuzi ko bagiye kuzamura amafaranga bahabwaga ku mukino basifuye.

Biravugwa ko abasifuzi bagiye kujya bahabwa Ibihumbi 100 kuri buri mukino. Aba basifuzi kandi bemerewe ko bagiye kujya bishyurirwa aho gukorera imyitozo ngororamubiri(Gym), kugira ngo bakomeze bahorane imbaraga z'umubiri.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Muri Shampiyona y'u Rwanda hagiye gutangira guhemba umukinnyi mwiza w'umukino

Sep 12, 2025 - 13:11
Sep 12, 2025 - 13:11
 0
Muri Shampiyona y'u Rwanda hagiye gutangira guhemba umukinnyi mwiza w'umukino

Muri Shampiyona y'u Rwanda Saison 2025-2026, hagiye gutangira kujya hahembwa umukinnyi mwiza w'umukino.


Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, nibwo shampiyona y'u Rwanda iraza gutangira hakinwa umukino uraza guhuza Gorilla FC na AS Muhanga. Ni umukino urabera kuri Kigali Pele Stadium saa cyenda z'amanwa.

Ubwo CEO wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, yaganiraga na Radio Rwanda kuri uyu wa Gatanu, yatangaje ko hari ibintu byinshi bigiye guhindurirwa muri uyu mwaka w'imikino kugira ngo Shampiyona izamure urwego yari iriho.

Muri iki Kiganiro kigufi yagarutse kuri byinshi ariko yita cyane ku kongera imbaraga muri shampiyona binyuze mu guhangana cyane, hagatsinda ubikwiye ndetse n'ibindi.

Yagize ati " Muri Shampiyona Saison 2025-2026, turifuza kuzamura ireme ry'irushanwa. Iyo tuvuga ireme ry'irushanwa tuba tuvuga guhangana, utsinze mu kibuga akaba ari uwubikwiye. Ibyo kugira ngo bigerwego hari ingamba zifatwa na Rwanda Premier League n'umufatanyabikorwa wacu mukuru ari we FERWAFA."

Uyu muyobozi yanatangaje ko hari ibindi bizakorwa birimo guhemba abakinnyi. Yagize ati " Hari ibindi umuntu adakwiye guhita atangaza birimo no guhemba abakinnyi bitwaye neza."

Abajiwe niba bazajya bahemba umukinnyi witwaye neza mu mukino yirinze kubitangaza mbere igihe kitaragera ariko agira ati "Mushonje muhishiwe." 

Jules Karangwa wakoze muri FERWAFA nk'umujyanama mu by'Amatekeko, yatangiye akazi nk'umuyobozi wa Rwanda Premier League ku wa 1 Nzeri 2025.

Kimwe mu bigiye guhindurwa muri Shampiyona y'uyu mwaka harimo ikibazo cy'abasifuzi.

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice yamenyesheje abasifuzi ko bagiye kuzamura amafaranga bahabwaga ku mukino basifuye.

Biravugwa ko abasifuzi bagiye kujya bahabwa Ibihumbi 100 kuri buri mukino. Aba basifuzi kandi bemerewe ko bagiye kujya bishyurirwa aho gukorera imyitozo ngororamubiri(Gym), kugira ngo bakomeze bahorane imbaraga z'umubiri.