issa
Byatangajwe ko umutoza Xabi Alonso azasimbura Carlo Ancelotti muri Real Madrid

Byatangajwe ko umutoza Xabi Alonso azasimbura Carlo Ancelotti muri Real Madrid

May 9, 2025 - 13:52
 0

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Real Madrid yitegura guhindura umutoza mukuru, aho Xabi Alonso azasimbura Carlo Ancelotti ku mwanya w’umutoza nyuma y’umwaka w’imikino urimo guhangayikisha iyi kipe. Ibi byatangajwe mu itangazo ry’ibyemezo aho bivugwa ko Ancelotti, ufite imyaka 65 agiye kuva muri Real Madrid mu mpera z’iyi shampiyona


Nubwo Ancelotti arumwe mu batoza bashoboye kandi bafite amateka akomeye muri ruhago, afite ibikombe byinshi yatsindiye Real Madrid, aho yageze ku bikombe 15, birimo Champions League eshatu na La Liga ebyiri, uyu mwaka w’imikino ntiwigeze umubera mwiza. By’umwihariko kuba Real Madrid iri inyuma ya Barcelona muri shampiyona ya La Liga, gutsindwa mu mikino ya nyuma ya Copa del Rey na Supercup ya Espagne, ndetse no gukurwa muri 1/4 cya Champions League imbere ya Arsenal byagize ingaruka kuri Real Madrid ndetse batangira kwibaza umuti w’umusaruro mucye muriyi ekipe harimo no gusimbuza umutoza.

Ku itariki ya 25 Gicurasi nyuma y'umukino wa nyuma wa La Liga uzahuza Real Madrid na Real Sociedad biteganyijwe ko Ancelotti azasezera ku bafana bagera ku 78,000 bari mu kibuga cya Bernabeu nk’uko byatangajwe na Marca. Iki ni igikorwa cyo gushimira umutoza Ancelotti ku kazi kose yakoze muri iyi kipe.

Bivugwa ko Xabi Alonso w’imyaka 43 azava muri Bayer Leverkusen yo mu Budage agasinyana amasezerano y’imyaka itatu muri Real Madrid. Alonso wamenyekanye cyane nka umukinnyi wa Real Madrid aho yakinnye imikino 236 azagaruka mu rugo nyuma y’imyaka myinshi. Muri Leverkusen, yayoboye ikipe ye kugera ku bikombe bya Bundesliga na DFB-Pokal mu mwaka ushize ndetse atsindwa umukino umwe gusa muri 2023-24 umukino wa nyuma wa Europa League batsinzwe na Atalanta.

Nk’umutoza wa Leverkusen, Alonso yayoboye imikino 138, atsinda 88 muri yo, akaba afite 64% y’intsinzi, urugero rugaragaza ubushobozi bwe bwo kuyobora. Uretse kuba yaratoranyijwe nk'umutoza mwiza wa Bundesliga mu mwaka ushize, Alonso yagize uruhare runini mu gutuma Leverkusen izamuka mu marushanwa yo ku rwego rw'Isi, ndetse yahawe igihembo cy’umutoza w'umwaka na Globe Soccer mu 2024.

Umukino wa mbere Alonso azayobora nk’umutoza mukuru wa Real Madrid ni uwo muri Club World Cup izatangira mu Gicurasi 2025. Ibi bizaba ari itangiriro rishya muri gahunda y’imiyoborere ya Real Madrid aho abakinnyi bazahura n'ikipe y'umutoza mushya Alonso witezwe kuzamura ikipe.

Alonso w’imyaka 43 azazana n’umutoza wungirije Sebas Parrilla ndetse n’umutoza w’imyitozo Alberto Encinas, bose bari kumwe muri Leverkusen. icyemezo cyo gusimbura Ancelotti cyafashwe mu bwumvikane bwuzuye nyuma y’igenzura ry’imyitwarire ya Real Madrid muri UEFA Champions League mu kwezi gushize, aho byagaragaye ko hakenewe impinduka.

Nyuma yo kuva muri Real Madrid, Ancelotti byavuzwe ko ashobora gukomeza akazi ke mu gihugu cya Brazil aho yari afitanye amasezerano yo kuyobora ikipe y'igihugu mu gikombe cy’Isi cya 2026. Nubwo ibyo bitakunze bivugwa ko Ancelotti afite amahirwe yo kwakira amafaranga.

Bitero Am the captain of my soul. 0791517856

Byatangajwe ko umutoza Xabi Alonso azasimbura Carlo Ancelotti muri Real Madrid

May 9, 2025 - 13:52
 0
Byatangajwe ko umutoza Xabi Alonso azasimbura Carlo Ancelotti muri Real Madrid

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Real Madrid yitegura guhindura umutoza mukuru, aho Xabi Alonso azasimbura Carlo Ancelotti ku mwanya w’umutoza nyuma y’umwaka w’imikino urimo guhangayikisha iyi kipe. Ibi byatangajwe mu itangazo ry’ibyemezo aho bivugwa ko Ancelotti, ufite imyaka 65 agiye kuva muri Real Madrid mu mpera z’iyi shampiyona


Nubwo Ancelotti arumwe mu batoza bashoboye kandi bafite amateka akomeye muri ruhago, afite ibikombe byinshi yatsindiye Real Madrid, aho yageze ku bikombe 15, birimo Champions League eshatu na La Liga ebyiri, uyu mwaka w’imikino ntiwigeze umubera mwiza. By’umwihariko kuba Real Madrid iri inyuma ya Barcelona muri shampiyona ya La Liga, gutsindwa mu mikino ya nyuma ya Copa del Rey na Supercup ya Espagne, ndetse no gukurwa muri 1/4 cya Champions League imbere ya Arsenal byagize ingaruka kuri Real Madrid ndetse batangira kwibaza umuti w’umusaruro mucye muriyi ekipe harimo no gusimbuza umutoza.

Ku itariki ya 25 Gicurasi nyuma y'umukino wa nyuma wa La Liga uzahuza Real Madrid na Real Sociedad biteganyijwe ko Ancelotti azasezera ku bafana bagera ku 78,000 bari mu kibuga cya Bernabeu nk’uko byatangajwe na Marca. Iki ni igikorwa cyo gushimira umutoza Ancelotti ku kazi kose yakoze muri iyi kipe.

Bivugwa ko Xabi Alonso w’imyaka 43 azava muri Bayer Leverkusen yo mu Budage agasinyana amasezerano y’imyaka itatu muri Real Madrid. Alonso wamenyekanye cyane nka umukinnyi wa Real Madrid aho yakinnye imikino 236 azagaruka mu rugo nyuma y’imyaka myinshi. Muri Leverkusen, yayoboye ikipe ye kugera ku bikombe bya Bundesliga na DFB-Pokal mu mwaka ushize ndetse atsindwa umukino umwe gusa muri 2023-24 umukino wa nyuma wa Europa League batsinzwe na Atalanta.

Nk’umutoza wa Leverkusen, Alonso yayoboye imikino 138, atsinda 88 muri yo, akaba afite 64% y’intsinzi, urugero rugaragaza ubushobozi bwe bwo kuyobora. Uretse kuba yaratoranyijwe nk'umutoza mwiza wa Bundesliga mu mwaka ushize, Alonso yagize uruhare runini mu gutuma Leverkusen izamuka mu marushanwa yo ku rwego rw'Isi, ndetse yahawe igihembo cy’umutoza w'umwaka na Globe Soccer mu 2024.

Umukino wa mbere Alonso azayobora nk’umutoza mukuru wa Real Madrid ni uwo muri Club World Cup izatangira mu Gicurasi 2025. Ibi bizaba ari itangiriro rishya muri gahunda y’imiyoborere ya Real Madrid aho abakinnyi bazahura n'ikipe y'umutoza mushya Alonso witezwe kuzamura ikipe.

Alonso w’imyaka 43 azazana n’umutoza wungirije Sebas Parrilla ndetse n’umutoza w’imyitozo Alberto Encinas, bose bari kumwe muri Leverkusen. icyemezo cyo gusimbura Ancelotti cyafashwe mu bwumvikane bwuzuye nyuma y’igenzura ry’imyitwarire ya Real Madrid muri UEFA Champions League mu kwezi gushize, aho byagaragaye ko hakenewe impinduka.

Nyuma yo kuva muri Real Madrid, Ancelotti byavuzwe ko ashobora gukomeza akazi ke mu gihugu cya Brazil aho yari afitanye amasezerano yo kuyobora ikipe y'igihugu mu gikombe cy’Isi cya 2026. Nubwo ibyo bitakunze bivugwa ko Ancelotti afite amahirwe yo kwakira amafaranga.