issa
Nta nyoroshyo Muhazi United yashyize ku bazareba umukino wabo na APR FC

Nta nyoroshyo Muhazi United yashyize ku bazareba umukino wabo na APR FC

May 22, 2025 - 12:37
 0

Ikipe ya APR FC na Muhazi United ziteguye gukina umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona.


Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, ikipe ya APR FC iraba yampanutse mu karere ka Ngoma gukina umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona na Muhazi United.

Ni umukino ukomeye cyane nkuko birimo kuvugwa ndetse n’uko bigaragara kuko kipe ya Muhazi United imaze iminsi mu mwiherero ibintu bidasanzwe.

Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko abakinnyi ba Muhazi United kuva ku wa mbere bari mu mwiherero bitegura uyu mukino uzaba utoroshye cyane.

Ikipe ya APR FC izakina ishaka amanota 3 kugirango igume ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ariko kandi Muhazi United nayo irifuza aya manota kugirango ive mu makipe ashobora ku mpanuka.

Muhazi United izakira uyu mukino, yamaze gushyira hanze ibiciro byo kwinjira kuri uyu mukino ariko ntabwo yigeze ishyiramo inyoroshyo.

Ibiciro byo kwinjira byagizwe ibihumbi 3 ahasanzwe, ibihumbi 5 ahatwikiriye, muri VIP hagizwe ibihumbi 10 naho muri VVIP hagizwe ibihumbi 20.

Uyu mukino biteganyijwe ko uzatangira ku isaha ya saa cyenda z’amanwa. Ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 61 naho Muhazi United iri ku mwanya wa 14 n’amanota 30.

  

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Nta nyoroshyo Muhazi United yashyize ku bazareba umukino wabo na APR FC

May 22, 2025 - 12:37
May 22, 2025 - 12:41
 0
Nta nyoroshyo Muhazi United yashyize ku bazareba umukino wabo na APR FC

Ikipe ya APR FC na Muhazi United ziteguye gukina umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona.


Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, ikipe ya APR FC iraba yampanutse mu karere ka Ngoma gukina umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona na Muhazi United.

Ni umukino ukomeye cyane nkuko birimo kuvugwa ndetse n’uko bigaragara kuko kipe ya Muhazi United imaze iminsi mu mwiherero ibintu bidasanzwe.

Amakuru UKWELITIMES twamenye ni uko abakinnyi ba Muhazi United kuva ku wa mbere bari mu mwiherero bitegura uyu mukino uzaba utoroshye cyane.

Ikipe ya APR FC izakina ishaka amanota 3 kugirango igume ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ariko kandi Muhazi United nayo irifuza aya manota kugirango ive mu makipe ashobora ku mpanuka.

Muhazi United izakira uyu mukino, yamaze gushyira hanze ibiciro byo kwinjira kuri uyu mukino ariko ntabwo yigeze ishyiramo inyoroshyo.

Ibiciro byo kwinjira byagizwe ibihumbi 3 ahasanzwe, ibihumbi 5 ahatwikiriye, muri VIP hagizwe ibihumbi 10 naho muri VVIP hagizwe ibihumbi 20.

Uyu mukino biteganyijwe ko uzatangira ku isaha ya saa cyenda z’amanwa. Ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 61 naho Muhazi United iri ku mwanya wa 14 n’amanota 30.