issa
Mali: Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya 500,000 CFA

Mali: Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya 500,000 CFA

Feb 10, 2026 - 12:38
 0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Mali yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga 500,000 CFA arenga miliyoni n’ibihumbi magana atatu na makumyabiri, nyuma yo guhamwa ni byaha byo kwivumbura kuri leta no gutangaza amagambo ashishikariza abaturage kwigumura kuri leta.


Byatangajwe n’urukiko rukuru rwa Mali rwaburanishije uwo mugabo ku wa 9 Gashyantare 2026, ubwo yarimo aburana ubujurire kubyaha ashinjwa.

Moussa Mara yabaye Minisitiri w’Intebe wa Mali kuva mu 2014 kugeza mu 2015, atabwa muri yombi mu kwezi k’Ukwakira k’umwaka ushize, ashinjwa gutesha agaciro ubuyobozi bw’icyo gihugu, gushishikariza abaturage kwigumura kuri leta no kurwanya inzego za leta.

Ibyo byaha ashinjwa byaturutse ahanini ku butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo X muri Nyakanga 2025, aho yari yatangaje ko hari abanyapolitike bafunzwe yasuye bakagirana ibiganiro akabemerera kubona ubutabera, ibintu leta ya Mali yavuze ko ntaho bihuriye n’ibyo yaganiriye n’abo banyapolitike, ahubwo ko ibiganiro bagiranye byari bigamije kwivumbura kuri leta no guteza umutekano muke.

Kugeza ubu uyu munyapolitiki afungiye muri gereza nkuru ya Mali kuva ku wa 1 Kanama 2025, ni mu gihe umunyamategeko we yatangaje ko agiye kujurira Urukiko rw’Ikirenga rwa Mali ngo umukiriya we arenganurwe.

Mali: Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya 500,000 CFA

Feb 10, 2026 - 12:38
Feb 10, 2026 - 13:32
 0
Mali: Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya 500,000 CFA

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Mali yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga 500,000 CFA arenga miliyoni n’ibihumbi magana atatu na makumyabiri, nyuma yo guhamwa ni byaha byo kwivumbura kuri leta no gutangaza amagambo ashishikariza abaturage kwigumura kuri leta.


Byatangajwe n’urukiko rukuru rwa Mali rwaburanishije uwo mugabo ku wa 9 Gashyantare 2026, ubwo yarimo aburana ubujurire kubyaha ashinjwa.

Moussa Mara yabaye Minisitiri w’Intebe wa Mali kuva mu 2014 kugeza mu 2015, atabwa muri yombi mu kwezi k’Ukwakira k’umwaka ushize, ashinjwa gutesha agaciro ubuyobozi bw’icyo gihugu, gushishikariza abaturage kwigumura kuri leta no kurwanya inzego za leta.

Ibyo byaha ashinjwa byaturutse ahanini ku butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo X muri Nyakanga 2025, aho yari yatangaje ko hari abanyapolitike bafunzwe yasuye bakagirana ibiganiro akabemerera kubona ubutabera, ibintu leta ya Mali yavuze ko ntaho bihuriye n’ibyo yaganiriye n’abo banyapolitike, ahubwo ko ibiganiro bagiranye byari bigamije kwivumbura kuri leta no guteza umutekano muke.

Kugeza ubu uyu munyapolitiki afungiye muri gereza nkuru ya Mali kuva ku wa 1 Kanama 2025, ni mu gihe umunyamategeko we yatangaje ko agiye kujurira Urukiko rw’Ikirenga rwa Mali ngo umukiriya we arenganurwe.