issa
Ukraine: Igitero cya 'Drone' cyahitanye abantu icyenda abandi barindwi barakomereka

Ukraine: Igitero cya 'Drone' cyahitanye abantu icyenda abandi barindwi barakomereka

May 17, 2025 - 19:32
 0

Mu Majyaruguru ashyira u Burasirazuba bwa Ukraine haravugwa igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe ku modoko yo mu bwoko bwa Mini bus yarimo abasivili.


Abayobozi b'ingabo mu karere ka Sumy bavuze ko uretse abo basivili bapfuye hari n’abandi barindwi na bo bakomerekeye muri icyo gitero cyagabwe  mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu .

 Iyi bus ikaba yari igeze I Bilopillia yerekeza i Sumy, hafi n’umupaka w'u Burusiya.

Ni igitero cyabaye nyuma y’igihe gito Uburusiya na Ukraine bagiranye ibiganiro byabo imbonankubone bigamije guhagarika intambara. Impande zombi zemeranyije guhana imfungwa ariko guhagarika intambara ntibyakunze.

Perezida wa Ukraine, Volodymr Zelensky, yatangaje ko igitero cyagabwe kuri kuri iyi bisi ari ukwica nkana abaturage. Yavuze ko mu bapfuye harimo umuryango ugizwe n’umugabo umugore n’umwana.

Ni mu gihe Uburusiya ntacyo buratangaza ariko ibitangazamakuru bya Leta byatangaje ko ingabo zagabye igitero ku gace ka Sumy mu ntara ya Sumy, nk'uko BBC ibitangaza.

 

Ukraine: Igitero cya 'Drone' cyahitanye abantu icyenda abandi barindwi barakomereka

May 17, 2025 - 19:32
 0
Ukraine: Igitero cya 'Drone' cyahitanye abantu icyenda abandi barindwi barakomereka

Mu Majyaruguru ashyira u Burasirazuba bwa Ukraine haravugwa igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe ku modoko yo mu bwoko bwa Mini bus yarimo abasivili.


Abayobozi b'ingabo mu karere ka Sumy bavuze ko uretse abo basivili bapfuye hari n’abandi barindwi na bo bakomerekeye muri icyo gitero cyagabwe  mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu .

 Iyi bus ikaba yari igeze I Bilopillia yerekeza i Sumy, hafi n’umupaka w'u Burusiya.

Ni igitero cyabaye nyuma y’igihe gito Uburusiya na Ukraine bagiranye ibiganiro byabo imbonankubone bigamije guhagarika intambara. Impande zombi zemeranyije guhana imfungwa ariko guhagarika intambara ntibyakunze.

Perezida wa Ukraine, Volodymr Zelensky, yatangaje ko igitero cyagabwe kuri kuri iyi bisi ari ukwica nkana abaturage. Yavuze ko mu bapfuye harimo umuryango ugizwe n’umugabo umugore n’umwana.

Ni mu gihe Uburusiya ntacyo buratangaza ariko ibitangazamakuru bya Leta byatangaje ko ingabo zagabye igitero ku gace ka Sumy mu ntara ya Sumy, nk'uko BBC ibitangaza.