Mali: Guverinoma yemeje ihagarikwa ry'ibikorwa by'amashyaka
Guverinoma ya Mali yahagaritse ibikorwa by’amashyaka yose ya politiki mu gihugu hose kandi ivuga ko utazubahiriza iryo tegeko ibihano bimuteganyirije.
Umwanzuro wo guhagarika imitwe ya Politike wemejwe naPerezida w’Inzibacyuho wa Mali, Général Assimi Goïta, wagiye ku buyobozi nyuma y’ihirikwa rya Ibrahim Boubacar Keïta ryabaye mu 2020.
Muri iki gihugu byari biteganyijwe ko inzibacyuho irangirana na Gashyantare 2024 ariko nta matora yigeze ategurwa muri iki gihugu.
Ntiharatangazwa igihe amatora yo gushyiraho ubutegetsi bunyuze mu matora azabera, bikavugwa ko Gen Goïta ashobora kuzageza mu 2030.


Kinyarwanda
English
Swahili









