issa
Mali: Guverinoma yemeje ihagarikwa ry'ibikorwa by'amashyaka

Mali: Guverinoma yemeje ihagarikwa ry'ibikorwa by'amashyaka

May 14, 2025 - 20:55
 0

Guverinoma  ya Mali yahagaritse ibikorwa by’amashyaka yose ya politiki mu gihugu hose kandi ivuga ko utazubahiriza iryo tegeko ibihano bimuteganyirije.


Umwanzuro wo guhagarika imitwe ya Politike wemejwe naPerezida  w’Inzibacyuho wa Mali, Général Assimi Goïta, wagiye ku buyobozi nyuma y’ihirikwa rya Ibrahim Boubacar Keïta ryabaye mu 2020.

Ibi byatangarijwe kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa kabiri taliki 13 Gicurasi 2025.

Minisitiri ushinzwe ivugurura rya politiki no gutegura amatora, Mamani Nassiré , yavuze ko hazashyirwaho amategeko mashya yo gucunga ubuzima bwa politiki muri Mali nyuma y'ihagarikwa ry'amashyaka.

Radio mpuzamahanga y'Abafaransa RFI, itangaza ko ngo abayobozi bashinzwe imirimo  mu mashyaka ya politiki bashobora kuguma ku myanya yabo, ariko ntibashobora kuvuga cyangwa gukora mu izina ry’ayo mashyaka.

Muri iki gihugu byari biteganyijwe ko inzibacyuho irangirana na Gashyantare 2024 ariko nta matora yigeze ategurwa muri iki gihugu.

Ntiharatangazwa igihe amatora yo gushyiraho ubutegetsi bunyuze mu matora azabera, bikavugwa ko Gen Goïta ashobora kuzageza mu 2030.

Imitwe ya politiki yari imaze ibyumweru byinshi iburira ko iki cyemezo kinyuranyije n'Itegeko Nshinga kandi kibangamiye demokarasi.

Mu ntangiriro za Gicurasi, imyigaragambyo idasanzwe yo kurwanya bimwe mu byemezo bya Leta, bigizwemo uruhare n’abayobozi bamwe batavuga rumwe n’ubutegetsi ariko bafatwa n’inzego z’umutekano z’igihugu.

 

 

Mali: Guverinoma yemeje ihagarikwa ry'ibikorwa by'amashyaka

May 14, 2025 - 20:55
 0
Mali: Guverinoma yemeje ihagarikwa ry'ibikorwa by'amashyaka

Guverinoma  ya Mali yahagaritse ibikorwa by’amashyaka yose ya politiki mu gihugu hose kandi ivuga ko utazubahiriza iryo tegeko ibihano bimuteganyirije.


Umwanzuro wo guhagarika imitwe ya Politike wemejwe naPerezida  w’Inzibacyuho wa Mali, Général Assimi Goïta, wagiye ku buyobozi nyuma y’ihirikwa rya Ibrahim Boubacar Keïta ryabaye mu 2020.

Ibi byatangarijwe kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa kabiri taliki 13 Gicurasi 2025.

Minisitiri ushinzwe ivugurura rya politiki no gutegura amatora, Mamani Nassiré , yavuze ko hazashyirwaho amategeko mashya yo gucunga ubuzima bwa politiki muri Mali nyuma y'ihagarikwa ry'amashyaka.

Radio mpuzamahanga y'Abafaransa RFI, itangaza ko ngo abayobozi bashinzwe imirimo  mu mashyaka ya politiki bashobora kuguma ku myanya yabo, ariko ntibashobora kuvuga cyangwa gukora mu izina ry’ayo mashyaka.

Muri iki gihugu byari biteganyijwe ko inzibacyuho irangirana na Gashyantare 2024 ariko nta matora yigeze ategurwa muri iki gihugu.

Ntiharatangazwa igihe amatora yo gushyiraho ubutegetsi bunyuze mu matora azabera, bikavugwa ko Gen Goïta ashobora kuzageza mu 2030.

Imitwe ya politiki yari imaze ibyumweru byinshi iburira ko iki cyemezo kinyuranyije n'Itegeko Nshinga kandi kibangamiye demokarasi.

Mu ntangiriro za Gicurasi, imyigaragambyo idasanzwe yo kurwanya bimwe mu byemezo bya Leta, bigizwemo uruhare n’abayobozi bamwe batavuga rumwe n’ubutegetsi ariko bafatwa n’inzego z’umutekano z’igihugu.