Kylian Mbappé yatangaje umunyafurika abona ukwiye igihembo cy'umukinnyi mwiza
Rutahizamu wa Real Madrid ukomoka mu Bufaransa, Kylian Mbappé, yatangaje umukinnyi abona ukwiye igihembo cy'umukinnyi witwaye neza w'umunyafurika.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kylian Mbappé, yatangaje ko abona Ashraf Hakim ari we ukwiye igihe cy'umukinnyi mwiza w'umunyafurika nyuma y'ibyo yakoze mu ikipe y'igihugu ya Marocco ndetse n'ibyo yakoze mu ikipe ye ya Paris Saint-Germain.
Ibi yabivuze ku wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025. Kylian Mbappé avuga ko Ashraf Hakim ari umwe mu bakinnyi bifitemo ikintu cy'ubuyobozi muri bagenzi be mu ikipe yose yaba arimo ndetse uba wifuza ko igihe cyose ikipe ye yabona intsinzi.
Kylian Mbappé asanzwe ari inshuti yakadasohoka ya Ashraf Hakim kuva bakinana mu ikipe imwe ya Paris Saint-Germain nubwo baje gutandukana ubwo uyu mukinnyi yasohokaga mu Bufaransa akerekeza muri Real Madrid mu mpeshyi ya 2023.
Ashraf Hakim yatwaranye na Paris Saint-Germain UEFA Champions League, Shampiyona, igikombe cy'igihugu ndetse na Super Cup y'ubufaransa umwaka ushize. Uyu mukinnyi Kandi ubwo Marocco yageraga muri 1/4 cy'igikombe cy'Isi 2022 nawe yari mu bakinnyi bakinaga.
Abakinnyi bahanganiye iki gihembo barimo Fiston Kalala Mayele, Ashraf Hakim, Mohamed Salah, Frank Anguisa, Serhou Guirassy, Iliman Ndiaye, Pape Matar Sarr, Oussama Lamlioui, Denis Bouanga na Victor Osimhen.
Ashraf Hakim ari mu bakinnyi bahatanira igihembo cy'umukinnyi witwaye neza w'umunyafurika


Kinyarwanda
English
Swahili









