issa
Kirehe: Ikamyo yakoze Impanuka, bihutira kujya kudaha amavuta yamennye mu muhanda

Kirehe: Ikamyo yakoze Impanuka, bihutira kujya kudaha amavuta yamennye mu muhanda

May 1, 2026 - 23:41
 0

Mu murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, hafi y'Ikigo cy'Ishuri cya GS Kigina habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye amavuta y’amamesa yarenze umuhanda, nyuma y’uko umushoferi wari uyitwaye yananiwe gukata ikorosi rya Kavuzo, birangira irenze umuhanda ihita igwa.


Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Mata 2026, ahagana saa cyenda z’umugoroba, ubwo iyi kamyo yavaga mu gihugu cya Tanzania yerekeza i Kigali.

‎Abaturage bari hafi y’aho byabereye bawiye UKWELITIMES ko iyi kamyo yageze mu ikorosi ikarenga umuhanda, umushoferi ananirwa kuyikata, ihita awurenga.

‎Umwe mu babibonye yagize ati: “Yageze mu ikorosi isa nk’iyihuta, umushoferi agerageza kuyikata biranga, ihita irenga umuhanda igwa hasi.”

Yongeyeho ko amavuta yo mu bwoko bw'amamesa yari atwawe n'iyo kamyo yahise asandara ku nkengero z'umuhanda, bituma bamwe mu baturage bayakusanya mu buryo butandukanye.

‎Ati: “Amavuta yahise ameneka hasi, abantu bari aho batangira kuyakusanya mu macupa n’utujerekani byabo".

‎Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yemereye UKWELITIMES iby’iyi mpanuka, asobanura uko byagenze n’icyayiteye.

‎Yagize ati: “Iyi mpanuka yabaye ahagana saa cyenda z’umugoroba, ikamyo yari itwaye amavuta y’amamesa ivuye muri Tanzania iyajyanye mu Rwanda, igeze mu ikorosi rya Kigina umushoferi ananirwa kuyigenzura iragwa.”

‎Yongeyeho ati: “Amavuta yari atwawe n’iyo kamyo yahise ameneka, mu gihe umushoferi we yakomeretse ku kuguru, icyakora ntawahasize ubuzima”

‎SSP Twizeyimana yanashimangiye ko Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe yagerageje gupima umushoferi ariko igasanga nta bisindisha yari yanyoye.

‎Ati: “Nyuma yo kumupima, ibipimo byagaragaje ko nta bisindisha yari yanyoye, bityo  iyi mpanuka ntiyatewe n’ubusinzi.”

‎ Yongeraho ko nubwo nta wahasize ubuzima, umushoferi yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kirehe kugira ngo yitabweho n’abaganga, mu gihe iperereza rigikomeje ngo harebwe ibyateye iyi mpanuka.

‎SSP Twizeyimana yasoje yibutsa abakoresha umuhanda kwitwararika, bubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda umuvuduko ukabije, gutwara banyoye ibisindisha no kwirinda gutwara ikinyabiziga bafite umunaniro ukabije.

Manishimwe Janvier Political Journalist II Communication Specialist ll Tel:+250785584281

Kirehe: Ikamyo yakoze Impanuka, bihutira kujya kudaha amavuta yamennye mu muhanda

May 1, 2026 - 23:41
May 2, 2026 - 00:13
 0
Kirehe: Ikamyo yakoze Impanuka, bihutira kujya kudaha amavuta yamennye mu muhanda

Mu murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, hafi y'Ikigo cy'Ishuri cya GS Kigina habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye amavuta y’amamesa yarenze umuhanda, nyuma y’uko umushoferi wari uyitwaye yananiwe gukata ikorosi rya Kavuzo, birangira irenze umuhanda ihita igwa.


Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Mata 2026, ahagana saa cyenda z’umugoroba, ubwo iyi kamyo yavaga mu gihugu cya Tanzania yerekeza i Kigali.

‎Abaturage bari hafi y’aho byabereye bawiye UKWELITIMES ko iyi kamyo yageze mu ikorosi ikarenga umuhanda, umushoferi ananirwa kuyikata, ihita awurenga.

‎Umwe mu babibonye yagize ati: “Yageze mu ikorosi isa nk’iyihuta, umushoferi agerageza kuyikata biranga, ihita irenga umuhanda igwa hasi.”

Yongeyeho ko amavuta yo mu bwoko bw'amamesa yari atwawe n'iyo kamyo yahise asandara ku nkengero z'umuhanda, bituma bamwe mu baturage bayakusanya mu buryo butandukanye.

‎Ati: “Amavuta yahise ameneka hasi, abantu bari aho batangira kuyakusanya mu macupa n’utujerekani byabo".

‎Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yemereye UKWELITIMES iby’iyi mpanuka, asobanura uko byagenze n’icyayiteye.

‎Yagize ati: “Iyi mpanuka yabaye ahagana saa cyenda z’umugoroba, ikamyo yari itwaye amavuta y’amamesa ivuye muri Tanzania iyajyanye mu Rwanda, igeze mu ikorosi rya Kigina umushoferi ananirwa kuyigenzura iragwa.”

‎Yongeyeho ati: “Amavuta yari atwawe n’iyo kamyo yahise ameneka, mu gihe umushoferi we yakomeretse ku kuguru, icyakora ntawahasize ubuzima”

‎SSP Twizeyimana yanashimangiye ko Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe yagerageje gupima umushoferi ariko igasanga nta bisindisha yari yanyoye.

‎Ati: “Nyuma yo kumupima, ibipimo byagaragaje ko nta bisindisha yari yanyoye, bityo  iyi mpanuka ntiyatewe n’ubusinzi.”

‎ Yongeraho ko nubwo nta wahasize ubuzima, umushoferi yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kirehe kugira ngo yitabweho n’abaganga, mu gihe iperereza rigikomeje ngo harebwe ibyateye iyi mpanuka.

‎SSP Twizeyimana yasoje yibutsa abakoresha umuhanda kwitwararika, bubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda umuvuduko ukabije, gutwara banyoye ibisindisha no kwirinda gutwara ikinyabiziga bafite umunaniro ukabije.