Kenya: Umupolisi urinda urugo rwa Perezida Ruto yishwe arashishijwe umwambi n’umuheto
Umupolisi witwa PC Ramadhan Matanka, wari ushinzwe gucunga umutekano ku rugo rwa Perezida William Ruto i Nairobi, yishwe arashishijwe umwambi n’umuheto.
Itangazo rya Polisi ryasohotse ryagaragaje ko uwo mugabo yegereye abari ku burinzi ku irembo ry’urugo rwa Perezida Ruto, asabwa guhagarara no kumanika amaboko, yanga kubyubahiriza maze arasa Matanka mu rubavu akoresheje umuheto.
Polisi yo muri Kenya ivugako amakuru avuga ko uwo mupolisi yahise ajyanwa kwa muganga ariko aza kwitaba Imana arimo kuvurwa.
Bivugwa ko inzego z’umutekano zahise zitabara zifata uwakoze icyo gikorwa.
Amashusho yaciye kuri NTV Kenya yagaragaje uwo mugabo afite ibikomere n’amapingu ku maboko, ari mu modoka ya Polisi ajyanywe kwa muganga kugira ngo avurwe.
Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru byo muri Kenya avuga ko uyu mugabo ategerejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa Kabiri, kugira ngo asobanure iby’iki gitero cyahitanye umupolisi wari mu nshingano ze.
Umuvugizi wa Polisi ya Kenya, Muchiri Nyaga, yamaganye icyo yise “igikorwa cy’ubugome budashobora kwihanganirwa,” anashimira abashinzwe umutekano ku buryo bitwaye neza mu kubuza ko habaho izindi ngaruka.
Yagize ati “Twihanganishije umuryango wa nyakwigendera PC Ramadhan Matanka, wari umukozi w’indakemwa watanze ubuzima bwe mu kurengera igihugu.”
Umurambo wa nyakwigendera uri mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Nairobi ndetse Polisi ikaba yatangaje ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane impamvu nyamukuru y’iki gitero.


Kinyarwanda
English
Swahili









