issa
Kaminuza ya Harvard yabujijwe kwakira abanyeshuri b'abanyamahanga

Kaminuza ya Harvard yabujijwe kwakira abanyeshuri b'abanyamahanga

May 23, 2025 - 10:12
 0

Ku wa Kane tariki ya 22 Gicurasi 2025, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwafashe icyemezo cyo kubuza Kaminuza ya Harvard, kwakira abanyeshuri b’abanyamahanga.


Ibi byakozwe nyuma y’uko Harvard yanze gutanga amakuru ku banyeshuri bayo b’abanyamahanga bashinjwa kwitabira ibikorwa by'imyigaragambyo, ndetse n’andi makuru yihariye yasabwe na guverinoma.

Ni icyemezo cyafashwe n’Ibiro bishinzwe umutekano w’igihugu (DHS) ndetse binatangazwa n'umunyamabanga wabyo Kristi Noem, avuga ko ashinja Harvard gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, no kugira imikoranire n’ishyaka ry’abakomunisite ry’u Bushinwa.

Ishusho rusange yerekana abanyeshuri Kaminuza ya Harvard yakiriye mu myaka itandukanye

Mu mwaka w'amashuri 2024-2025, Kaminuza ya Harvard yakiriye abanyeshuri b'abanyamahanga 6,800 bangana na 27% by’abanyeshuri bose bari muri iri shuri.  

Harvard yamaganye iki cyemezo, ivuga ko kidakurikije amategeko kandi kigamije kuyicecekesha no kuyigora. Yatangaje ko kandi yo izakomeza kurengera ubwisanzure mu burezi no gushyigikira abanyeshuri bayo b’abanyamahanga.  

Ibi bibaye nyuma y’uko ubutegetsi bwa Trump buhagaritse inkunga ya miliyari $2.3 yagenerwaga Harvard, ndetse bunatangaza ko bushobora gukuraho uburenganzira bwa Harvard bwo kudatanga imisoro. Ibi byose byatewe n’uko Harvard yanze gutanga amakuru yasabwe, harimo n’ayi myitwarire y’abanyeshuri b’abanyamahanga, by’umwihariko abashinjwa kwitabira imyigaragambyo ishyigikira Abanya-Palestina.  

Iki gikorwa ni kimwe mu bukangurambaga bwa guverinoma ya Trump bugamije guhana kaminuza zifatwa nk’izishyigikira imyigaragambyo cyangwa zifitanye imikoranire n'ibihugu by'amahanga nk’u Bushinwa. Abanyapolitiki b’Abademokarate n’amatsinda arengera uburenganzira bw’abanyamahanga bari kwamagana ibi bikorwa, bavuga ko bibangamiye ubwisanzure mu burezi n’uburenganzira bw’abanyeshuri b’abanyamahanga.  

Harvard yamaze gutanga ikirego mu rukiko rwa Massachusetts, isaba ko iki cyemezo gihagarikwa, ivuga ko ari uguhonyora uburenganzira bwayo nk’ikigo cyigenga ndetse ibi bikomeje gutera impungenge abanyeshuri b’abanyamahanga muri Amerika.  

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Kaminuza ya Harvard yabujijwe kwakira abanyeshuri b'abanyamahanga

May 23, 2025 - 10:12
 0
Kaminuza ya Harvard yabujijwe kwakira abanyeshuri b'abanyamahanga

Ku wa Kane tariki ya 22 Gicurasi 2025, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwafashe icyemezo cyo kubuza Kaminuza ya Harvard, kwakira abanyeshuri b’abanyamahanga.


Ibi byakozwe nyuma y’uko Harvard yanze gutanga amakuru ku banyeshuri bayo b’abanyamahanga bashinjwa kwitabira ibikorwa by'imyigaragambyo, ndetse n’andi makuru yihariye yasabwe na guverinoma.

Ni icyemezo cyafashwe n’Ibiro bishinzwe umutekano w’igihugu (DHS) ndetse binatangazwa n'umunyamabanga wabyo Kristi Noem, avuga ko ashinja Harvard gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, no kugira imikoranire n’ishyaka ry’abakomunisite ry’u Bushinwa.

Ishusho rusange yerekana abanyeshuri Kaminuza ya Harvard yakiriye mu myaka itandukanye

Mu mwaka w'amashuri 2024-2025, Kaminuza ya Harvard yakiriye abanyeshuri b'abanyamahanga 6,800 bangana na 27% by’abanyeshuri bose bari muri iri shuri.  

Harvard yamaganye iki cyemezo, ivuga ko kidakurikije amategeko kandi kigamije kuyicecekesha no kuyigora. Yatangaje ko kandi yo izakomeza kurengera ubwisanzure mu burezi no gushyigikira abanyeshuri bayo b’abanyamahanga.  

Ibi bibaye nyuma y’uko ubutegetsi bwa Trump buhagaritse inkunga ya miliyari $2.3 yagenerwaga Harvard, ndetse bunatangaza ko bushobora gukuraho uburenganzira bwa Harvard bwo kudatanga imisoro. Ibi byose byatewe n’uko Harvard yanze gutanga amakuru yasabwe, harimo n’ayi myitwarire y’abanyeshuri b’abanyamahanga, by’umwihariko abashinjwa kwitabira imyigaragambyo ishyigikira Abanya-Palestina.  

Iki gikorwa ni kimwe mu bukangurambaga bwa guverinoma ya Trump bugamije guhana kaminuza zifatwa nk’izishyigikira imyigaragambyo cyangwa zifitanye imikoranire n'ibihugu by'amahanga nk’u Bushinwa. Abanyapolitiki b’Abademokarate n’amatsinda arengera uburenganzira bw’abanyamahanga bari kwamagana ibi bikorwa, bavuga ko bibangamiye ubwisanzure mu burezi n’uburenganzira bw’abanyeshuri b’abanyamahanga.  

Harvard yamaze gutanga ikirego mu rukiko rwa Massachusetts, isaba ko iki cyemezo gihagarikwa, ivuga ko ari uguhonyora uburenganzira bwayo nk’ikigo cyigenga ndetse ibi bikomeje gutera impungenge abanyeshuri b’abanyamahanga muri Amerika.