BREAKING: Joseph Kabila akatiwe urwo gupfa
Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakatiwe urwo gupfa atari mu rukiko, nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’intambara n’icyaha cyo kugambanira igihugu.
Joseph Kabila Ibyaha aregwa bijyanye no gushinjwa kuba yarashyigikiye umutwe wa M23, umaze imyaka urwana mu burasirazuba bwa Congo.
Ku wa gatanu, Kabila yahamijwe n’urukiko ibyaha birimo: ibyaha byibasiye inyokomuntu, ubwicanyi, gufata ku ngufu, iyicarubozo n’ubwigomeke.
Kugeza ubu aho aherereye ntiharamenyekana.
Uyu mugabo w’imyaka 54, yayoboye DR Congo imyaka 18, nyuma yo gusimbura se Laurent-Désiré Kabila wari wishwe arashwe mu 2001.
Yatanze ubutegetsi mu 2019 abushyikiriza Perezida Félix Tshisekedi, ariko nyuma yaje kugirana nawe amakimbirane, maze mu 2023 ajya mu buhungiro.
Muri Mata uyu mwaka, Kabila yatangaje ko ashaka kugira uruhare mu gushaka igisubizo ku ntambara ikomeje guhitana abantu mu burasirazuba, ndetse mu kwezi kwakurikiyeho agaragara mu mujyi wa Goma wari uri mu maboko ya M23.
Perezida Tshisekedi yamushinje kuba ari we ufasha akanashyigikira M23, maze inteko ishinga amategeko imukuraho ubudahangarwa bwe nk’umusenateri, bituma ashobora kuburanishwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









