issa
Ishyaka  CNDD -FDD rirashinjwa kwaka umusanzu wo kugurira inka Umunyamabanga mukuru waryo

Ishyaka CNDD -FDD rirashinjwa kwaka umusanzu wo kugurira inka Umunyamabanga mukuru waryo

Apr 1, 2026 - 10:59
 0

Ishyaka CNDD -FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy' u Burundi riravugwaho kwaka ku ngufu abaturage imisanzu yo kugurira Inka Umunyamabanga mukuru waryo


Abatuye muri Komini Kiremba mu Ntara ya Butanyerera iherereye mu Burasirazuba bw'Igihugu cy'u Burundi, Barinubira umusanzu wo kugura inka igomba kugabirwa Umunyamabanga Mukuru w'ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD nkuko bitangazwa na SOS Media Burundi dukesha iyi nkuru.

Umunyamabanga mukuru w'ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, iyi nka agomba kuyihabwa gihe azaba ari mu ruzinduko rw'akazi agomba kugirira muri iyo komini ya Kiremba muri uku kwezi. Abaturage bavuga ko imbonerakure zirimo gukusanya ayo mafaranga yiswe ayo kugurira inka Umunyamabanga mukuru w'ishyaka riri ku butegetsi urugo ku rugo. Bavuga ko buri muturage usanzwe asabwa kwishyura 2,000fbu mu gihe abakozi ba Leta bakishyura 3000fbu na 5,000fbu mu gihe abacuruzi bishyura 10,000fbu.

Abakozi ba Leta bavuga ko batanga amafaranga menshi ndetse ntibahabwe inyemezabwishyu, ibi bikaba bikomeje kubabaza abasabwa iyo misanzu.

Umwe mu bacuruzi yagize ati "Twebwe abacuruzi turimo kurengana kurusha abandi nubwo ubucuruzi butagenda neza, usabwa kuyatanga. "

 Umwe mu baturage yagize ati "Bataratubwira ngo ni ukugira ngo dushyigikire uruzinduko rw'umunyamabanga Mukuru ariko ni itegeko ritubangamiye."

Abacuruzi bavuga ko basabwe gutanga umusanzu wo kugura impano y'Umunyamabanga mukuru w'ishyaka riri ku butegetsi mu gihe hashize ukwezi basabwe umusanzu uri hagati ya 50,000fbu na 100,000fbu yo kwakira Guverineri w'Intara ya Butanyerera.

Biravugwa ko abayobozi mu nzego bwite za Leta bishyura 100,090 fbu na 500,000fbu.

Ishyaka CNDD -FDD rirashinjwa kwaka umusanzu wo kugurira inka Umunyamabanga mukuru waryo

Apr 1, 2026 - 10:59
Apr 1, 2026 - 12:18
 0
Ishyaka  CNDD -FDD rirashinjwa kwaka umusanzu wo kugurira inka Umunyamabanga mukuru waryo

Ishyaka CNDD -FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy' u Burundi riravugwaho kwaka ku ngufu abaturage imisanzu yo kugurira Inka Umunyamabanga mukuru waryo


Abatuye muri Komini Kiremba mu Ntara ya Butanyerera iherereye mu Burasirazuba bw'Igihugu cy'u Burundi, Barinubira umusanzu wo kugura inka igomba kugabirwa Umunyamabanga Mukuru w'ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD nkuko bitangazwa na SOS Media Burundi dukesha iyi nkuru.

Umunyamabanga mukuru w'ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, iyi nka agomba kuyihabwa gihe azaba ari mu ruzinduko rw'akazi agomba kugirira muri iyo komini ya Kiremba muri uku kwezi. Abaturage bavuga ko imbonerakure zirimo gukusanya ayo mafaranga yiswe ayo kugurira inka Umunyamabanga mukuru w'ishyaka riri ku butegetsi urugo ku rugo. Bavuga ko buri muturage usanzwe asabwa kwishyura 2,000fbu mu gihe abakozi ba Leta bakishyura 3000fbu na 5,000fbu mu gihe abacuruzi bishyura 10,000fbu.

Abakozi ba Leta bavuga ko batanga amafaranga menshi ndetse ntibahabwe inyemezabwishyu, ibi bikaba bikomeje kubabaza abasabwa iyo misanzu.

Umwe mu bacuruzi yagize ati "Twebwe abacuruzi turimo kurengana kurusha abandi nubwo ubucuruzi butagenda neza, usabwa kuyatanga. "

 Umwe mu baturage yagize ati "Bataratubwira ngo ni ukugira ngo dushyigikire uruzinduko rw'umunyamabanga Mukuru ariko ni itegeko ritubangamiye."

Abacuruzi bavuga ko basabwe gutanga umusanzu wo kugura impano y'Umunyamabanga mukuru w'ishyaka riri ku butegetsi mu gihe hashize ukwezi basabwe umusanzu uri hagati ya 50,000fbu na 100,000fbu yo kwakira Guverineri w'Intara ya Butanyerera.

Biravugwa ko abayobozi mu nzego bwite za Leta bishyura 100,090 fbu na 500,000fbu.