issa
Malawi: Peter Mutharika ni we uyoboye amajwi y’amatora ya Perezida

Malawi: Peter Mutharika ni we uyoboye amajwi y’amatora ya Perezida

Sep 22, 2025 - 08:49
 0

Peter Mutharika w’imyaka 85 wahoze ari Perezida wa Malawi mbere ya 2020 yongeye kugaragara mu bakandida bahatanira kuba Perezida wa Malawi, aho ahatanye na Lazarus Chakwera Perezida uri ku butegetsi ubu.


Nk’uko bikomeje gukwirakwizwa n’ibitangazamakuru bitandukanye muri Malawi kuri iki cyumweru tariki ya 21 Nzeri 2025, nibwo byatangajwe ko Peter Mutharika w’imyaka 85 wahoze ayoboye Malawi imyaka yatambutse amaze kubona hafi 51% by’amajwi amaze kubarurwa muri kimwe cya kane cy’amakomine yose, mu gihe uwo bahanganye ku buyobozi Lazarus Chakwera Perezida uriho ubu afite 39%. 

Ibi bitangajwe nyuma y’uko amatora yari yabaye ku wa 16 Nzeri uyu mwaka aho abanyapolitiki benshi muri Malawi bagiye bagaragaza ko ayo matora yari urugamba rukomeye cyane hagati yabo bombi bahagarariye amashyaka akomeye kurusha andi ayariho yose muri icyo gihugu.

Lazarus Chakwera Perezida wa Malawi uriho ku myaka 70 yagiye ku butegetsi muri 2020 ubwo Mutharika yavagaho, aho bivugwa ko akibugeraho yahuriyemo n’imbogamizi zikomeye zirimo idindira ry’ubukungu mu gihugu, amapfa n’inzara mu baturage, ndetse n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku madoko ryamaze hafi imyaka irenga itatu riri hejuru ku kigero cya 20%.

Ni mu gihe Peter Mutharika w’imyaka 85 wayoboye Malawi kuva mu 2014 kugeza mu 2020, ubwo yasimburwaga na Lazarus Chakwera uyu mwaka yiyamamaje avuga ko afite intego yo gusubiza igihugu mu bihe byiza cyahozeho mbere.

Kuko ngo we ubwo yari ku butegetsi igihugu cya Malawi ubukungu bwari buhagaze neza ndetse akaba yaranongereye ibikorwa remezo muri icyo gihugu nubwo nawe bivugwa ko yakunze kunengwaho icyenewabo no gutonesha inshuti ze za hafi mu buyobozi nk’uko amakuru ava mu bitangazamakuru byo muri Malawi abivuga.

Nyuma y’ibyo, biteganyijwe ko Komisiyo y’Amatora ya Malawi ku wa 24 Nzeri uyu mwaka ko ariho izatangaza by’agateganyo ibyavuye muri ayo matora yabaye ku wa 16 Nzeri. Ikaba yasabye abakandida bombi kwirinda kwiyitirira intsinzi mu gihe imyanzuro nyayo itarajya hanze.

Ibi bibaye mu gihe bivugwa ko muri 2019, Urukiko rw’Ikirenga rwa Malawi rwari rwanze intsinzi ya Peter Mutharika kubera amakosa bivugwa ko yari yabaye mu kubarura amajwi bigatuma ayo matora asubirwamo muri 2020, ari nabwo Chakwera yatsindaga amatora akaba Perezida wa Malawi.

Malawi: Peter Mutharika ni we uyoboye amajwi y’amatora ya Perezida

Sep 22, 2025 - 08:49
Sep 22, 2025 - 08:50
 0
Malawi: Peter Mutharika ni we uyoboye amajwi y’amatora ya Perezida

Peter Mutharika w’imyaka 85 wahoze ari Perezida wa Malawi mbere ya 2020 yongeye kugaragara mu bakandida bahatanira kuba Perezida wa Malawi, aho ahatanye na Lazarus Chakwera Perezida uri ku butegetsi ubu.


Nk’uko bikomeje gukwirakwizwa n’ibitangazamakuru bitandukanye muri Malawi kuri iki cyumweru tariki ya 21 Nzeri 2025, nibwo byatangajwe ko Peter Mutharika w’imyaka 85 wahoze ayoboye Malawi imyaka yatambutse amaze kubona hafi 51% by’amajwi amaze kubarurwa muri kimwe cya kane cy’amakomine yose, mu gihe uwo bahanganye ku buyobozi Lazarus Chakwera Perezida uriho ubu afite 39%. 

Ibi bitangajwe nyuma y’uko amatora yari yabaye ku wa 16 Nzeri uyu mwaka aho abanyapolitiki benshi muri Malawi bagiye bagaragaza ko ayo matora yari urugamba rukomeye cyane hagati yabo bombi bahagarariye amashyaka akomeye kurusha andi ayariho yose muri icyo gihugu.

Lazarus Chakwera Perezida wa Malawi uriho ku myaka 70 yagiye ku butegetsi muri 2020 ubwo Mutharika yavagaho, aho bivugwa ko akibugeraho yahuriyemo n’imbogamizi zikomeye zirimo idindira ry’ubukungu mu gihugu, amapfa n’inzara mu baturage, ndetse n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku madoko ryamaze hafi imyaka irenga itatu riri hejuru ku kigero cya 20%.

Ni mu gihe Peter Mutharika w’imyaka 85 wayoboye Malawi kuva mu 2014 kugeza mu 2020, ubwo yasimburwaga na Lazarus Chakwera uyu mwaka yiyamamaje avuga ko afite intego yo gusubiza igihugu mu bihe byiza cyahozeho mbere.

Kuko ngo we ubwo yari ku butegetsi igihugu cya Malawi ubukungu bwari buhagaze neza ndetse akaba yaranongereye ibikorwa remezo muri icyo gihugu nubwo nawe bivugwa ko yakunze kunengwaho icyenewabo no gutonesha inshuti ze za hafi mu buyobozi nk’uko amakuru ava mu bitangazamakuru byo muri Malawi abivuga.

Nyuma y’ibyo, biteganyijwe ko Komisiyo y’Amatora ya Malawi ku wa 24 Nzeri uyu mwaka ko ariho izatangaza by’agateganyo ibyavuye muri ayo matora yabaye ku wa 16 Nzeri. Ikaba yasabye abakandida bombi kwirinda kwiyitirira intsinzi mu gihe imyanzuro nyayo itarajya hanze.

Ibi bibaye mu gihe bivugwa ko muri 2019, Urukiko rw’Ikirenga rwa Malawi rwari rwanze intsinzi ya Peter Mutharika kubera amakosa bivugwa ko yari yabaye mu kubarura amajwi bigatuma ayo matora asubirwamo muri 2020, ari nabwo Chakwera yatsindaga amatora akaba Perezida wa Malawi.