Iran: Abantu barenga ibihumbi 21 bafunzwe bakekwaho gukora ibyaha mu ntambara na Israel
Mu gihe cy’intambara yahuje Iran na Israel muri Kamena 2025, Polisi ya Iran yatangaje ko yafashe abantu barenga ibihumbi 21 bakekaho gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko.
Ku wa 12 Kanama, Umuvugizi wa Polisi, Saeid Montazerolmahdi, yavuze ko muri icyo gihe abaturage batangiye gutanga amakuru ku bakekwaho ibyaha ku rugero rwiyongereyeho 41%, bigatuma mu gihe cy’iminsi 12 gusa hafatwa abarenga ibihumbi 21.
Nubwo at agaragaje neza ibyaha abo bafashwe bakekwagaho, byigeze gutangazwa na Leta ya Iran ko hari abantu bashobora kuba baragejeje amakuru kuri Israel, akayifasha mu bitero yakoraga.
Iyi ntambara kandi yatumye Iran yihutisha gahunda yo gusohora mu gihugu abimukira b’Abanya-Afghanistan babaga muri Iran mu buryo butemewe n’amategeko, bamwe muri bo bakekwaho kuba intasi.
Montazerolmahdi yavuze ko mu bafashwe harimo Abanya-Afghanistan 2,774 baba muri Iran mu buryo butemewe, 261 bashinjwa kuba ba maneko naho 172 bafashwe bazira gufata amashusho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Imibare itangwa n'iki gihugu igaragaza ko, abarenga ibihumbi 21 ari bo bafunzwe kubera ibyaha byakorewe mu ntambara y’iminsi 12 bahanganyemo na Israel muri Kamena.


Kinyarwanda
English
Swahili









