issa
Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka ihitana benshi

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka ihitana benshi

Mar 24, 2026 - 15:10
 0

Indege y’ingabo zirwanira mu kirere za Colombia yakoze impanuka ikomeye nyuma gato yo guhaguruka mu majyepfo y’icyo gihugu, ihitana byibuze abantu 66, mu gihe abandi benshi bakomeretse.


Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere, Carlos Fernando Silva Rueda, yatangaje ko iyo ndege yari itwaye abasirikare 114 hamwe n’abakozi 11 bayikoragamo.

Iyo ndege yari iyo mu bwoko bwa C-130 Hercules, yakozwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, isanzwe ikoreshwa mu gutwara ingabo n’ibikoresho bya gisirikare.

Amakuru aturuka kuri BBC avuga ko iyo ndege yaguye hafi y’umujyi wa Puerto Leguízamo, mu ntara ya Putumayo, ku wa 23 Werurwe 2026.

Abashinzwe ubutabazi bahise boherezwa aho impanuka yabereye, batangira gushakisha mu bisigazwa by’iyo ndege ngo barebe niba hari ababa bakiri bazima.

Kugeza ubu, icyateye iyo mpanuka ntikiramenyekana, ariko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane impamvu nyayo yateye iyi mpanuka ikomeye.

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka ihitana benshi

Mar 24, 2026 - 15:10
 0
Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka ihitana benshi

Indege y’ingabo zirwanira mu kirere za Colombia yakoze impanuka ikomeye nyuma gato yo guhaguruka mu majyepfo y’icyo gihugu, ihitana byibuze abantu 66, mu gihe abandi benshi bakomeretse.


Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere, Carlos Fernando Silva Rueda, yatangaje ko iyo ndege yari itwaye abasirikare 114 hamwe n’abakozi 11 bayikoragamo.

Iyo ndege yari iyo mu bwoko bwa C-130 Hercules, yakozwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, isanzwe ikoreshwa mu gutwara ingabo n’ibikoresho bya gisirikare.

Amakuru aturuka kuri BBC avuga ko iyo ndege yaguye hafi y’umujyi wa Puerto Leguízamo, mu ntara ya Putumayo, ku wa 23 Werurwe 2026.

Abashinzwe ubutabazi bahise boherezwa aho impanuka yabereye, batangira gushakisha mu bisigazwa by’iyo ndege ngo barebe niba hari ababa bakiri bazima.

Kugeza ubu, icyateye iyo mpanuka ntikiramenyekana, ariko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane impamvu nyayo yateye iyi mpanuka ikomeye.