issa
Ikipe ya Rayon Sports yakuwe mu isoni na Mugisha Didier wavuye muri Police FC

Ikipe ya Rayon Sports yakuwe mu isoni na Mugisha Didier wavuye muri Police FC

Feb 5, 2026 - 17:29
 0

Ikipe ya Rayon Sports yabonye amanota atatu itsinze AS Kigali igitego 1-0 cyatsinzwe na Mugisha Didier.


Kuri uyu wa Kane tariki 5 Gashyantare 2026,  nibwo ikipe ya Rayon Sports na AS Kigali zakinnye umukino w’umunsi wa 18 w’imikino yo kwishyura ya Shampiyona.

Ni umukino utoroheye cyane ikipe ya Rayon Sports bijyanye n’uko umukino ubanza wagenze kuko AS Kigali yatsinze iyi kipe y’abafana benshi hano mu Rwanda, ibitego 2-0.

Ku munota wa 35, ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Mugisha Didier wari umaze igihe gito avuye muri Police FC yongeyemo abakinnyi. Ni igitego yatsinze kuri kufura nziza yateye.

Rayon Sports nyuma yo gutsinda iki gitego yahise itangira kwatakwa cyane na AS Kigali binyuze ku basore bayo bataha izamu barimo Tuyisenge Arsene wayikiniye ndetse na Dushimirimana Olivier Muzungu.

Umukino waje kurangira ikipe ya Rayon Sports itahanye intsinzi y’igitego 1-0, itahana amanota atatu ibikesha Mugisha Didier. Ikipe ya Rayon Sports yahise ifata umwanya wa Gatandatu n’amanota 29 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona.

 

 

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ikipe ya Rayon Sports yakuwe mu isoni na Mugisha Didier wavuye muri Police FC

Feb 5, 2026 - 17:29
 0
Ikipe ya Rayon Sports yakuwe mu isoni na Mugisha Didier wavuye muri Police FC

Ikipe ya Rayon Sports yabonye amanota atatu itsinze AS Kigali igitego 1-0 cyatsinzwe na Mugisha Didier.


Kuri uyu wa Kane tariki 5 Gashyantare 2026,  nibwo ikipe ya Rayon Sports na AS Kigali zakinnye umukino w’umunsi wa 18 w’imikino yo kwishyura ya Shampiyona.

Ni umukino utoroheye cyane ikipe ya Rayon Sports bijyanye n’uko umukino ubanza wagenze kuko AS Kigali yatsinze iyi kipe y’abafana benshi hano mu Rwanda, ibitego 2-0.

Ku munota wa 35, ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Mugisha Didier wari umaze igihe gito avuye muri Police FC yongeyemo abakinnyi. Ni igitego yatsinze kuri kufura nziza yateye.

Rayon Sports nyuma yo gutsinda iki gitego yahise itangira kwatakwa cyane na AS Kigali binyuze ku basore bayo bataha izamu barimo Tuyisenge Arsene wayikiniye ndetse na Dushimirimana Olivier Muzungu.

Umukino waje kurangira ikipe ya Rayon Sports itahanye intsinzi y’igitego 1-0, itahana amanota atatu ibikesha Mugisha Didier. Ikipe ya Rayon Sports yahise ifata umwanya wa Gatandatu n’amanota 29 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona.