issa
Ibyo wamenya ku rubanza rwa Majoro Jean Claude Habineza ukurikiranyweho miliyoni 485 Frw

Ibyo wamenya ku rubanza rwa Majoro Jean Claude Habineza ukurikiranyweho miliyoni 485 Frw

Jul 22, 2025 - 15:29
 0

Ku wa 22 Nyakanga Urukiko rw'ibanze rwa gisirikare ruherereye I Nyamirambo rwaburanishije urubanza, Ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo Majoro Jean Claude Habineza na murumuna we (sivile) Bavakure Ndekwe Felix.


Urukiko rwavuze ko Majoro Jean Claude Habineza akurikiranyweho ibyaha bitanu akaba yarabikoze afatanyije na murumuna we Bavakure Felix Ndekwe.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyaha bitanu, Majoro Jean Claude Habineza akurikiranyweho birimo;gutanga sheke itazigamiye, icyaha cyo kwiba, inyandiko itavugisha ukuri, icyaha cyo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya n'icyaha cy'ubuhemu.

Ibyo byaha Ubushinjacyaha bwasobanuye ko yabikoze hagati ya 2023 na 2025 igihe yari ashinzwe inguzanyo muri Zigama CSS. 

Imiterere y'ibyaha bitanu Majoro Jean Claude Habineza akurikiranyweho 

Mu gusoma imyirondoro ya Majoro Jean Claude Habineza, yavuze ko atunze Inzu 3, ibibanza 3 n'imodoka 3.

Majoro Jean Claude Habineza yemera icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye agahaka ibindi bine akavuga ko nta mpamvu yo kubimukurikiranaho.

Ubushinjacyaha bwafashe umwanya busobanura buri miterere y'icyaha bukurikiranyeho Majoro Jean Claude Habineza

Icyaha cyo kwiba

Majoro Habineza Jean Claude igihe yari umukozi wa Zigama CSS yagiye akura amafaranga kuri konte z'abanyamuryango batandukanye kuva mu 2023 kugeza mu 2025 nta n'umwe wamusinyiye.

 Ubushinjacyaha bwasobanuye ko Majoro Jean Claude Habineza yabwiraga abakozi ba Zigama CSS ko umukiriya yamwereye gukura amafaranga kuri konte kandi yabaga ababeshya kuko no mu rukiko yabajijwe igihamya arakibura.

Ku wa 28-2-2024 yakuye $5000 kuri konte ya Karemera Winny bwari ubwa kabiri bibaye, nyiri konte atabizi. Muri rusange yihaye miliyoni 485 Frw z'abakiriya ba Zigama CSS 27.

Dore urutonde rw'abakiriya ba Zigama CSS, Majoro Jean Claude Habineza yagiye akura amafaranga kuri konte zabo mu bihe bitandukanye:

1.Civ (soma sivile cyangwa se umusivile) KAREMERA Winnie angana na $5000

2.Lt Niyoyita Jean Marie Vianney amafaranga angana na 15,000,000 Frws

3.Rtd Lt Kagame Tonny 20,000,000 Rwf

4.Maj Charles Byukusenge angana na 10,000,000 Rwf

5.Demob Pte AFRICA Jean Claude 20,000,000 Rwf

6.Maj Tharisse Tuyiringire 5,000,000 Rwf

7.Civ GASANA Jean Yves 10,000,000 Rwf

8.Civ HIGIRO James 70,000,000 Rwf

9.Civ Muhimakazi Felicula angana na $24500

10.Civ Rwasiko Jean Marie 7,200,000Frw

11.Civ Ndahiro Edouard angana na 14,600,000 Frw

12.Maj Sebahuye Jerome angana na 20,000,000Frw

13. Ssgt Gashirabake Didas angana na 87,000,000 Frw

14.Civ Kabandana Gilbert angana na 22,120,000 Frw

15.Maj Polepole Ignace Gashegu 33,000,000 Rwf

16.Civ Kagarama Emile angana na $2,000 

17.Maj Fredo Iragaba 11,960,000Frw

18.Maj Alphonse Munyaneza 16,000,000 Frw

19. Civ Shema Jean Luc 7.050,000Frw

20.Sgt Bizimana Eric 3,169,432 Frw

21.Civ Umutoni Ange Anitha angana na 11,600,000 Frws ndetse na $900

22.Sgt Habanabakize Olivier angana na 12,318,009 Frw

23.Civ Uwamahoro Belise angana na 1,000,000frw

24.Sgt Munyantara Donatien angana na 3,000,000 Frw

25.Me Joseph Twagirayezu angana $12000 na 15,000,000Frw

26.Maj Francois Hakuzimana angana na 6,700,000 Frw

27. Civ Sano Eric angana na 70,000,000 Frw

Igiteranyo cy'amafaranga akurikiranyweho asaga miliyoni 485 Frw hakiyongeraho indishyi z’akababaro nazo zaregewe muri uru rubanza.

Urukiko rwavuze ko aba bose bemerewe kuregera indishyi z'akababaro.

Icyaha cy'inyandiko itavugisha ukuri

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasobanuye ko Majoro Jean Claude Habineza yabikuzaga amafaranga yasinyaga ku mpapuro zemeza ko amafaranga yavuye kuri banki nkaho ari we nyiri konte.Yabikoze mu bihe bitandukanye kuri konte zitandukanye.

Icyaha cyo gutanga sheke zitazigamiye

Cyakozwe hagati ya 2023 na 2025.Abo yakuriye amafaranga kuri konte yabahaye sheke zitazigamiye bajya kuri banki bagasanga nta mafaranga ariho bahitamo kujya kuregera kuri Zigama CSS.

Icyaha cy'ubuhemu 

Mu 2023 kugeza 2024 Majoro Jean Claude Habineza yijeje abantu kubazanira imodoka ariko ntabyo yakoze. 

20-9-2023 Sgt Munyantarama Vincent wigeze kumurinda yagurije amafaranga Majoro Jean Claude Habineza ariko ntiyayamwishyuye.

Hari abatangabuhamya barimo umukozi wo muri Zigama CSS wavuze ko yategetswe kohereza amafaranga kuri konte ya Majoro Jean Claude Habineza. Hari raporo ya banki yerekana ko mu bihe bitandukanye yabikuje amafaranga. 

Inyandiko itavugisha ukuri 

Majoro Jean Claude Habineza yagiye asinya ku mpapuro z'abakiriya yabaga yabikuje. Yasinyaga mu mwanya w'abakiriya batabimuhereye uburenganzira. Hari ubuhamya bw'uwari ushinzwe kugenzura borudero.  

Yasabye imbabazi kuri ayo makosa kuko yakoze ibitabaho. Hari abatanze ibirego ndetse Majoro Jean Claude Habineza yemeye ko bamuhaye ayo amafaranga nubwo atayabishyuye.

Majoro Jean Claude Habineza yireguye

Ku byaha bitanu aregwa yemeye icyo gutanga sheke itazigamiye. Yatanze ingero z'abo yishyuye akoresheje telefoni anabwira inteko iburanisha ko muri sisiteme harimo impapuro zibyemeza.

Majoro Jean Claude Habineza yavuze ko yari ashinzwe gutanga inguzanyo bityo akaba yari yemerewe gukora ibyo ashaka kuri konte mu gihe yamuhaye uburenganzira.

 Urukiko rwamubajije uwamuhaye ububasha bwo kwinjira muri konte z'abakiriya abura icyo asubiza. Yagize ati"Ntabwo nabona inyandiko zemeza ko nari nahawe ububasha bwo kwinjira muri konte zabo". Urukiko rwamubwiye ko ibyo yakoze mu gihe atabifitiye inyandiko atari abyemerewe.

Abamureze icyaha kwiba hari abareze Zigama CSS bavuga ko iyo banki iha uburenganzira ushinzwe inguzanyo akiba amafaranga y'abanyamuryango. Zigama CSS yatanze inyandiko yerekana ko habayeho kwiha amafaranga ari kuri konte z'abanyamuryango.

Urukiko rwamubajije inyandiko zerekana ko abakiriya bamwemereye kubikuza amafaranga yabo asubiza Urukiko ko babaga bavuganye kuri telefoni. Yahakanye icyaha cy'ubuhemu yemera ko azishyura abantu bose abereyemo umwenda.

Icyaha cyo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya nacyo yagihakanye avuga ko abantu bose bari basanzwe bakorana bityo icyo si icyaha. 

Sivile Bavakure Felix yireguye 

Bavakure Ndekwe Felix ni murumuna wa Majoro Jean Claude Habineza, akaba yari umukozi muri Zigama CSS igihe mukuru we yari ashinzwe inguzanyo.

Yisobanuye avuga ko ahakana kuba icyitso mu kwiba amafaranga y'abakiriya ba Zigama CSS. Yavuze ko nta mukiriya bari baziranye ariko kuba yaremeraga ibyo Majoro Jean Claude Habineza yamubwiraga ko byose byaturutse ku cyizere yari amufiye kandi yari amukuriye mu nshingano. 

Yavuze ko mukuru we yamubera umutangabuhamya kandi nta n'umukiriya umushinja. Yahakanye $5000 yageze kuri konti avuga ko ntayo azi kandi nta na konte y'amadolali yigeze afungura, bityo adakwiriye kubazwa ibyakozwe na Majoro Jean Claude Habineza.

Saa sita zageze Urukiko rutegaka ko urubanza rukomeza saa munani. Izo saha zigeze Urukiko rwavuze ko urubanza rugomba kuzakomeza ku itariki 16 Nzeri 2025 bitewe n'uko abaregeye indishyi basabye ko Zigama CSS yazaza mu rubanza kugirango habeho uburyozwe mbonezamubano.

Ubu buryozwe bushingiye ku kuba Zigama CSS itararinze amafaranga y'abakiriya bityo Majoro Jean Claude Habineza akayiha uko abishatse.

Ibyo wamenya ku rubanza rwa Majoro Jean Claude Habineza ukurikiranyweho miliyoni 485 Frw

Jul 22, 2025 - 15:29
Jul 22, 2025 - 21:12
 0
Ibyo wamenya ku rubanza rwa Majoro Jean Claude Habineza ukurikiranyweho miliyoni 485 Frw

Ku wa 22 Nyakanga Urukiko rw'ibanze rwa gisirikare ruherereye I Nyamirambo rwaburanishije urubanza, Ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo Majoro Jean Claude Habineza na murumuna we (sivile) Bavakure Ndekwe Felix.


Urukiko rwavuze ko Majoro Jean Claude Habineza akurikiranyweho ibyaha bitanu akaba yarabikoze afatanyije na murumuna we Bavakure Felix Ndekwe.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyaha bitanu, Majoro Jean Claude Habineza akurikiranyweho birimo;gutanga sheke itazigamiye, icyaha cyo kwiba, inyandiko itavugisha ukuri, icyaha cyo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya n'icyaha cy'ubuhemu.

Ibyo byaha Ubushinjacyaha bwasobanuye ko yabikoze hagati ya 2023 na 2025 igihe yari ashinzwe inguzanyo muri Zigama CSS. 

Imiterere y'ibyaha bitanu Majoro Jean Claude Habineza akurikiranyweho 

Mu gusoma imyirondoro ya Majoro Jean Claude Habineza, yavuze ko atunze Inzu 3, ibibanza 3 n'imodoka 3.

Majoro Jean Claude Habineza yemera icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye agahaka ibindi bine akavuga ko nta mpamvu yo kubimukurikiranaho.

Ubushinjacyaha bwafashe umwanya busobanura buri miterere y'icyaha bukurikiranyeho Majoro Jean Claude Habineza

Icyaha cyo kwiba

Majoro Habineza Jean Claude igihe yari umukozi wa Zigama CSS yagiye akura amafaranga kuri konte z'abanyamuryango batandukanye kuva mu 2023 kugeza mu 2025 nta n'umwe wamusinyiye.

 Ubushinjacyaha bwasobanuye ko Majoro Jean Claude Habineza yabwiraga abakozi ba Zigama CSS ko umukiriya yamwereye gukura amafaranga kuri konte kandi yabaga ababeshya kuko no mu rukiko yabajijwe igihamya arakibura.

Ku wa 28-2-2024 yakuye $5000 kuri konte ya Karemera Winny bwari ubwa kabiri bibaye, nyiri konte atabizi. Muri rusange yihaye miliyoni 485 Frw z'abakiriya ba Zigama CSS 27.

Dore urutonde rw'abakiriya ba Zigama CSS, Majoro Jean Claude Habineza yagiye akura amafaranga kuri konte zabo mu bihe bitandukanye:

1.Civ (soma sivile cyangwa se umusivile) KAREMERA Winnie angana na $5000

2.Lt Niyoyita Jean Marie Vianney amafaranga angana na 15,000,000 Frws

3.Rtd Lt Kagame Tonny 20,000,000 Rwf

4.Maj Charles Byukusenge angana na 10,000,000 Rwf

5.Demob Pte AFRICA Jean Claude 20,000,000 Rwf

6.Maj Tharisse Tuyiringire 5,000,000 Rwf

7.Civ GASANA Jean Yves 10,000,000 Rwf

8.Civ HIGIRO James 70,000,000 Rwf

9.Civ Muhimakazi Felicula angana na $24500

10.Civ Rwasiko Jean Marie 7,200,000Frw

11.Civ Ndahiro Edouard angana na 14,600,000 Frw

12.Maj Sebahuye Jerome angana na 20,000,000Frw

13. Ssgt Gashirabake Didas angana na 87,000,000 Frw

14.Civ Kabandana Gilbert angana na 22,120,000 Frw

15.Maj Polepole Ignace Gashegu 33,000,000 Rwf

16.Civ Kagarama Emile angana na $2,000 

17.Maj Fredo Iragaba 11,960,000Frw

18.Maj Alphonse Munyaneza 16,000,000 Frw

19. Civ Shema Jean Luc 7.050,000Frw

20.Sgt Bizimana Eric 3,169,432 Frw

21.Civ Umutoni Ange Anitha angana na 11,600,000 Frws ndetse na $900

22.Sgt Habanabakize Olivier angana na 12,318,009 Frw

23.Civ Uwamahoro Belise angana na 1,000,000frw

24.Sgt Munyantara Donatien angana na 3,000,000 Frw

25.Me Joseph Twagirayezu angana $12000 na 15,000,000Frw

26.Maj Francois Hakuzimana angana na 6,700,000 Frw

27. Civ Sano Eric angana na 70,000,000 Frw

Igiteranyo cy'amafaranga akurikiranyweho asaga miliyoni 485 Frw hakiyongeraho indishyi z’akababaro nazo zaregewe muri uru rubanza.

Urukiko rwavuze ko aba bose bemerewe kuregera indishyi z'akababaro.

Icyaha cy'inyandiko itavugisha ukuri

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasobanuye ko Majoro Jean Claude Habineza yabikuzaga amafaranga yasinyaga ku mpapuro zemeza ko amafaranga yavuye kuri banki nkaho ari we nyiri konte.Yabikoze mu bihe bitandukanye kuri konte zitandukanye.

Icyaha cyo gutanga sheke zitazigamiye

Cyakozwe hagati ya 2023 na 2025.Abo yakuriye amafaranga kuri konte yabahaye sheke zitazigamiye bajya kuri banki bagasanga nta mafaranga ariho bahitamo kujya kuregera kuri Zigama CSS.

Icyaha cy'ubuhemu 

Mu 2023 kugeza 2024 Majoro Jean Claude Habineza yijeje abantu kubazanira imodoka ariko ntabyo yakoze. 

20-9-2023 Sgt Munyantarama Vincent wigeze kumurinda yagurije amafaranga Majoro Jean Claude Habineza ariko ntiyayamwishyuye.

Hari abatangabuhamya barimo umukozi wo muri Zigama CSS wavuze ko yategetswe kohereza amafaranga kuri konte ya Majoro Jean Claude Habineza. Hari raporo ya banki yerekana ko mu bihe bitandukanye yabikuje amafaranga. 

Inyandiko itavugisha ukuri 

Majoro Jean Claude Habineza yagiye asinya ku mpapuro z'abakiriya yabaga yabikuje. Yasinyaga mu mwanya w'abakiriya batabimuhereye uburenganzira. Hari ubuhamya bw'uwari ushinzwe kugenzura borudero.  

Yasabye imbabazi kuri ayo makosa kuko yakoze ibitabaho. Hari abatanze ibirego ndetse Majoro Jean Claude Habineza yemeye ko bamuhaye ayo amafaranga nubwo atayabishyuye.

Majoro Jean Claude Habineza yireguye

Ku byaha bitanu aregwa yemeye icyo gutanga sheke itazigamiye. Yatanze ingero z'abo yishyuye akoresheje telefoni anabwira inteko iburanisha ko muri sisiteme harimo impapuro zibyemeza.

Majoro Jean Claude Habineza yavuze ko yari ashinzwe gutanga inguzanyo bityo akaba yari yemerewe gukora ibyo ashaka kuri konte mu gihe yamuhaye uburenganzira.

 Urukiko rwamubajije uwamuhaye ububasha bwo kwinjira muri konte z'abakiriya abura icyo asubiza. Yagize ati"Ntabwo nabona inyandiko zemeza ko nari nahawe ububasha bwo kwinjira muri konte zabo". Urukiko rwamubwiye ko ibyo yakoze mu gihe atabifitiye inyandiko atari abyemerewe.

Abamureze icyaha kwiba hari abareze Zigama CSS bavuga ko iyo banki iha uburenganzira ushinzwe inguzanyo akiba amafaranga y'abanyamuryango. Zigama CSS yatanze inyandiko yerekana ko habayeho kwiha amafaranga ari kuri konte z'abanyamuryango.

Urukiko rwamubajije inyandiko zerekana ko abakiriya bamwemereye kubikuza amafaranga yabo asubiza Urukiko ko babaga bavuganye kuri telefoni. Yahakanye icyaha cy'ubuhemu yemera ko azishyura abantu bose abereyemo umwenda.

Icyaha cyo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya nacyo yagihakanye avuga ko abantu bose bari basanzwe bakorana bityo icyo si icyaha. 

Sivile Bavakure Felix yireguye 

Bavakure Ndekwe Felix ni murumuna wa Majoro Jean Claude Habineza, akaba yari umukozi muri Zigama CSS igihe mukuru we yari ashinzwe inguzanyo.

Yisobanuye avuga ko ahakana kuba icyitso mu kwiba amafaranga y'abakiriya ba Zigama CSS. Yavuze ko nta mukiriya bari baziranye ariko kuba yaremeraga ibyo Majoro Jean Claude Habineza yamubwiraga ko byose byaturutse ku cyizere yari amufiye kandi yari amukuriye mu nshingano. 

Yavuze ko mukuru we yamubera umutangabuhamya kandi nta n'umukiriya umushinja. Yahakanye $5000 yageze kuri konti avuga ko ntayo azi kandi nta na konte y'amadolali yigeze afungura, bityo adakwiriye kubazwa ibyakozwe na Majoro Jean Claude Habineza.

Saa sita zageze Urukiko rutegaka ko urubanza rukomeza saa munani. Izo saha zigeze Urukiko rwavuze ko urubanza rugomba kuzakomeza ku itariki 16 Nzeri 2025 bitewe n'uko abaregeye indishyi basabye ko Zigama CSS yazaza mu rubanza kugirango habeho uburyozwe mbonezamubano.

Ubu buryozwe bushingiye ku kuba Zigama CSS itararinze amafaranga y'abakiriya bityo Majoro Jean Claude Habineza akayiha uko abishatse.