Gasabo: Polisi yafatanye abantu babiri udupfunyika tw'urumogi turenga 1000
Kuri uyu wa 16 Kanama 2025, Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Jabana ifatanyije n'izindi nzego z'umutekano n'abaturage yafatanye udupfunyika udupfunyika tw'urumogi 1144 abantu babiri barimo uwitwa Ngirabatware Ferdinand w'imyaka 35 n'undi mugore witwa Nyiranizeyimana Honorine mu nzu batuyemo.
Polisi ivuga ko uru rumogi aba bantu bari bagiye kurucururiza mu Murenge wa Gisozi.
Aba bantu bafatiwe mu Murenge wa Jabana mu Kagali ka Bweramvura, Umudugudu wa Taba, biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage.
Polisi ivuga ko uru rumogi rwari rubitse mu nzu ya Ngirabatware mu gihe uyu Mugore Nyiranizeyimana yari yaraje kurutwara ngo ajye kurucuruza ku bakiriya be mu Murenge wa Gisozi, bakaba barafatiwe mu cyuho bamaze kurupakira mu mufuka.
Aba bombi bakaba bose ubu bafungiye kuri Station ya Polisi ya Jabana kugira ngo bakorerwe dosiye bajyanwe mu bugenzacyaha ndetse iperereza rikaba rikomeje ngo hamenyekane aho bakura uru rumogi.
Polisi ivuga ko kuba abaturage batangira amakuru ku gihe abantu nk'aba bagafatwa ari ikimenyetso cyerekana ko bamaze kumva ububi bw'ibiyobyabwenge, kikaba kandi ikimenyetso cy'ubufatanye hagati ya Polisi n'abaturage.
Polisi ivuga ko abijandika mu bikorwa by'ibiyobyabwenge ndetse no gukora ibyaha muri rusange bagomba kubireka kuko inzego z'umutekano n'abaturage babahagurukiye.
Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy'ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n'urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).


Kinyarwanda
English
Swahili









