issa
EU na Amerika basizoye kubera itabwa muri yombi rya Riek Machar

EU na Amerika basizoye kubera itabwa muri yombi rya Riek Machar

Mar 28, 2025 - 14:29
 0

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu by’i Burayi birimo Ubwongereza, Ubufaransa, Noruveje, Ubuholandi, Ubudage n’intumwa z’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi muri Sudani y’Amajyepfo,  bahamagariye Perezida Salva Kiir kurekura Visi Perezida wa mbere, Dr. Riek Machar, ufungiye iwe mu rugo.


Iryo tangazo ryagize riti: "Amerika ndetse n’intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi bagaragaje ko bahangayikishijwe cyane n’amakuru avuga ko Visi Perezida wa mbere Machar yafunzwe by'agateganyo."

Bakomeza bagira bati: “Turahamagarira Perezida Kiir guhindura ibitekerezo agafungura Machar. Twabonye ko umwanya wa Visi Perezida wa mbere Machar muri guverinoma washyizweho hashingiwe ku ngingo ya 1.7.2 y'amasezerano y'amahoro ya 2018 (R-ARCSS)".

Amerika na EU, bashishikarije abayobozi b'imitwe yose yitwaje intwaro muri Sudani y'Amajyepfo guhagarika imirwano kugira ngo hatabaho gusubira mu ntambara y'abenegihugu.

Iri tangazo ryagize riti: "Turahamagarira kandi Perezida Kiir n'abayobozi bose bagenzura cyangwa bafite uruhare mu mitwe yitwaje intwaro guhagarika imirwano bidatinze."

Ku wa kane, SPLA / M-IO ,yatangaje ko amasezerano y’amahoro yadindiye burundu nyuma y’uko inzego z’ubutasi bwa gisirikare zitaye muri yombi Dr. Machar.

 

EU na Amerika basizoye kubera itabwa muri yombi rya Riek Machar

Mar 28, 2025 - 14:29
 0
EU na Amerika basizoye kubera itabwa muri yombi rya Riek Machar

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu by’i Burayi birimo Ubwongereza, Ubufaransa, Noruveje, Ubuholandi, Ubudage n’intumwa z’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi muri Sudani y’Amajyepfo,  bahamagariye Perezida Salva Kiir kurekura Visi Perezida wa mbere, Dr. Riek Machar, ufungiye iwe mu rugo.


Iryo tangazo ryagize riti: "Amerika ndetse n’intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi bagaragaje ko bahangayikishijwe cyane n’amakuru avuga ko Visi Perezida wa mbere Machar yafunzwe by'agateganyo."

Bakomeza bagira bati: “Turahamagarira Perezida Kiir guhindura ibitekerezo agafungura Machar. Twabonye ko umwanya wa Visi Perezida wa mbere Machar muri guverinoma washyizweho hashingiwe ku ngingo ya 1.7.2 y'amasezerano y'amahoro ya 2018 (R-ARCSS)".

Amerika na EU, bashishikarije abayobozi b'imitwe yose yitwaje intwaro muri Sudani y'Amajyepfo guhagarika imirwano kugira ngo hatabaho gusubira mu ntambara y'abenegihugu.

Iri tangazo ryagize riti: "Turahamagarira kandi Perezida Kiir n'abayobozi bose bagenzura cyangwa bafite uruhare mu mitwe yitwaje intwaro guhagarika imirwano bidatinze."

Ku wa kane, SPLA / M-IO ,yatangaje ko amasezerano y’amahoro yadindiye burundu nyuma y’uko inzego z’ubutasi bwa gisirikare zitaye muri yombi Dr. Machar.