DRC: Ubwato bwari butwaye abiganjemo abakinnyi bwarohamye 25 bahasiga ubuzima

DRC: Ubwato bwari butwaye abiganjemo abakinnyi bwarohamye 25 bahasiga ubuzima

Mar 11, 2025 - 18:09
 0

Nibura abantu 25 bapfuye abandi benshi baburirwa irengero nyuma y’ubwato bwarohamye mu ruzi rwa Kwa mu gice cya Mai-Ndombe mu  Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.


Alexis Mputu, umuvugizi wa guverinoma mu gice cya Mai- Ndombe, yavuze ko umubare w'abapfuye watangajwe ari uwa agateganyo bishoboka ko hari n’abandi bataraboneka. Abaguye muri iyi mpanuka biganjemo abakinnyi  b’umupira w'amaguru bo mu gace ka Ngambomi.

Impanuka z’amato zikunze kuba muri iki gihugu, aho usanga akenshi  hakorwa ingendo za nijoro ndetse n’ubwato buba bupakiye abantu. Inzuzi za Repuburika ya demokarasi ya Kongo, ni bwo buryo ahanini bwifashishwa mu gutwara abantu n’ibintu, by’umwihariko abo mu turere twitaruye ahatagera ibikorwa remezo cyangwa se ibihari bikaba bimeze nabi. (AP)

Umwaka ushize wa 2024 nabwo muri ibi bice , hagiye hagaragara impanuka z’ubwato ahanini biturutse ku buremere bwikoreye abagera mu majana bakaburirwa irengero ndetse abanda ugasanga bahasize ubuzima.

 

DRC: Ubwato bwari butwaye abiganjemo abakinnyi bwarohamye 25 bahasiga ubuzima

Mar 11, 2025 - 18:09
 0
DRC: Ubwato bwari butwaye abiganjemo abakinnyi bwarohamye 25 bahasiga ubuzima

Nibura abantu 25 bapfuye abandi benshi baburirwa irengero nyuma y’ubwato bwarohamye mu ruzi rwa Kwa mu gice cya Mai-Ndombe mu  Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.


Alexis Mputu, umuvugizi wa guverinoma mu gice cya Mai- Ndombe, yavuze ko umubare w'abapfuye watangajwe ari uwa agateganyo bishoboka ko hari n’abandi bataraboneka. Abaguye muri iyi mpanuka biganjemo abakinnyi  b’umupira w'amaguru bo mu gace ka Ngambomi.

Impanuka z’amato zikunze kuba muri iki gihugu, aho usanga akenshi  hakorwa ingendo za nijoro ndetse n’ubwato buba bupakiye abantu. Inzuzi za Repuburika ya demokarasi ya Kongo, ni bwo buryo ahanini bwifashishwa mu gutwara abantu n’ibintu, by’umwihariko abo mu turere twitaruye ahatagera ibikorwa remezo cyangwa se ibihari bikaba bimeze nabi. (AP)

Umwaka ushize wa 2024 nabwo muri ibi bice , hagiye hagaragara impanuka z’ubwato ahanini biturutse ku buremere bwikoreye abagera mu majana bakaburirwa irengero ndetse abanda ugasanga bahasize ubuzima.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.