Denis Omedi ashobora gusohoka muri APR FC kubera Darko Novic
Rutahizamu w’umugande ukinira ikipe ya APR FC, Denis Omedi, ashobora gusohoka muri iyi kipe ubwo iyi sezo izaba irangiye.
Ni inkuru yatangajwe ku munsi w’ejo hashize tariki 21 mata 2025, n’ibinyamakuru bimwe na bimwe byo mu gihugu cya Uganda, aho bivuga ko kuba uyu mukinnyi atarimo kubona umwanya uhagije wo gukina bishobora gutuma adakomezanya na APR FC.
Tariki 20 mata 2025, ikipe ya APR FC yakinnye umukino wa shampiyona w’umunsi wa 24 wa shampiyona n’ikipe ya Etincelles FC, umukino urangira ikipe zombi zinganyije ibitego 2-2.
Ni umukino ikipe ya APR FC yakinnye Denis Omedi atari no muri 18 iyi kipe yakoresheje, ibintu bitashimishije uyu mukinnyi ndetse n’ibitangazamakuru bya Uganda.
Ibi byabaye bikurikiye kudahabwa umwanya uhagije wo gukina kwa Denis Omedi no mu mikino imwe n’imwe iheruka kuko amaze imikino 2 ajya mu kibuga asimbuye.
Aha niho ibitangazamakuru bitandukanye bya Uganda bihera bivuga ko uyu mukinnyi arimo gutegura gutandukana na APR FC ubwo iyi sezo izaba irangiye mu gihe umutoza Darko Novic yakomeza kumwima umwanya uhagije wo gukina.
Amakuru ahari avuga ko Denis Omedi mu gihe yaba atandukanye na APR FC azahita yerekeza muri Villa SC iri ku mwanya wa 6 muri shampiyona ya Uganda.
Muri mutarama 2025 nibwo Denis Omedi w’imyaka 30 yaje muri APR FC avuye muri Kitara FC nyuma yo kugira sezo nziza cyane bituma iyi kipe imubenguka.
Umutoza wa APR FC, Darko Novic ntabwo amerewe neza kugeza ubu kuko usibye Denis Omedi utarimo kubona umwanya na Seidu Dauda Yusif ntabwo arimo gukina kandi ntawatinya kuvuga ko ari umukinnyi mwiza.
Ikipe ya APR FC kugeza ubu iri ku mwanya wa 2 ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda n’amanota 49.
Denis Omedi ashobora gusohoka muri APR FC


Kinyarwanda
English
Swahili









