CNDD–FDD yemeje Évariste Ndayishimiye nk’umukandida ku mwanya wa Perezida mu matora ataha
Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi rya CNDD–FDD ryatangaje ko ryatoreye Perezida waryo, Évariste Ndayishimiye, kuzarihagararira mu matora ya perezida ateganyijwe umwaka utaha wa 2027.
Ibi byatangajwe binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’iri shyaka, rikaba ryarafashe iki cyemezo mu nama idasanzwe y’iminsi ibiri ya komite nkuru yarangiye ku wa Gatandatu, yabereye i Gitega muri Seminari Nkuru yitiriwe Jean-Paul II.
Mu ijambo rye ryo kwemera kandidatire, Ndayishimiye yasezeranyije Abarundi ko atazigera abahutaza, ashimangira ko azakomeza guteza imbere igihugu no kubahiriza amategeko. Yagize ati: “Ko twakoze mugashima, mbemereye gukomeza ikivi, turi kumwe twese kugira ngo Umurundi wese atunge kandi atunganirwe.”
Ndayishimiye w’imyaka 57, ari ku butegetsi kuva mu 2020, mu gihe Itegekonshinga ry’u Burundi riteganya manda ebyiri zikurikiranye, buri imwe ikaba igizwe n’imyaka irindwi.
Mu butumwa bwasohowe na CNDD–FDD, iri shyaka ryashimye abarwanashyaka baryo, rivuga ko “bari ku murindi mwiza w’iterambere,” rinashishikariza abayoboke gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa by’iterambere.
Nubwo ubuyobozi bushima aho igihugu kigeze, u Burundi bukomeje kugaragazwa nk’igihugu gifite ubukungu buke, ndetse kikaba kinugarijwe n’ibibazo by’ubucye bw’ibikomoka kuri peteroli, byiyongereyeho ingaruka z’intambara zo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu rundi ruhande, raporo ya Human Rights Watch yo mu 2025 ishinja ubutegetsi bw’u Burundi gufunga urubuga rwa politiki, kwibasira itangazamakuru ryigenga no gukandamiza abatavuga rumwe nabwo. Iyo raporo inashinja urubyiruko rw’ishyaka CNDD–FDD ruzwi nka Imbonerakure ibikorwa birimo gufunga abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, iyicarubozo no gukubita abo bakekwaho kutavuga rumwe n’ubutegetsi.
Icyakora, Leta y’u Burundi yakomeje guhakana ibi birego, ivuga ko ari ibinyoma bigamije kuyisebya.
Muri iyo nama yabereye i Gitega, Perezida Ndayishimiye yanahaye gasopo bamwe mu bayobozi batuzuza inshingano zabo, abasaba guhindura imyitwarire, ashimangira ko “batazihanganirwa” mu gihe bakomeje kudindiza iterambere.
CNDD–FDD iri ku butegetsi kuva mu 2005, nyuma y’imyaka irenga icumi y’intambara yahuje ingabo za Leta n’uyu mutwe wari warabaye inyeshyamba, yakurikiye iyicwa rya Perezida Melchior Ndadaye mu 1993.
Mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yo mu 2025, CNDD–FDD yegukanye imyanya yose 100 y’abadepite batorwa, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko ayo matora ataranzwe na demokarasi, bavuga ko “yishe” ihame ryayo mu gihugu.
Ivomo: BBC

Kinyarwanda
English
Swahili









