Canada: 9 baguya mu gitero cy’agabwe ku ishuri, abandi 27 barakomereka
Polisi ya Canada yatangaje ko abantu 9 baguye mu gitero cy’amasasu cyagabwe ku kigo cy’ishuri cya Tumbler Ridge giherereye mu mujyi wa Tumbler Ridge, mu Ntara ya British Columbia, abandi 27 barakomereka.
Byemejwe na Polisi ya Canada, yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Gashyantare 2026. Ivuga ko abagabye icyo gitero ari abagizi ba nabi batahise ko bamenyekana neza.
Amakuru y’ibanze Polisi ya Canada yabonye avuga ko mu bagabye icyo gitero umwe muri bo ubikekwaho yasanzwe yapfuye, bikaba bikekwa ko yapfuye yiyahuye nyuma yo kugaba icyo gitero, nubwo ngo abandi barikumwe batamenyekanye.
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yanditse ko ababajwe bikomeye n’abantu baburiye ubuzima muri icyo gitero, anihanganisha imiryango yakiburiyemo ababo ndetse n’abagikomerekeyemo.
Yagize ati "Mbabajwe bikomeye n’iraswa ryabereye i Tumbler Ridge ryatumye abantu baburiramo ubuzima abandi bagakomereka. twifatanyije n’abaturage ba Canada twihanganishije bikomeye imiryango yaburiye ababo muri icyo gitero cy’ubwiyahuzi."
Mark Carney yavuze ko Leta ya Canada irimo gukora ibishoboka byose ngo ifashe abakomeretse ndetse n’imiryango yaburiye ababo muri icyo gitero. Avuga ko Leta ya Canada irimo gufatanya n’inzego zishinzwe ubutabazi ndetse n’iz’umutekano kugira ngo hagire igikorwa.
Polisi ya Canada yavuze ko nubwo mu bagabye igitero umwe muri bo yapfuye, iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane neza icyaba kiri inyuma y’ibyabaye.
Tumbler Ridge ni umwe mu mijyi mito ya Canada uherereye mu misozi ya majyaruguru ya British Columbia, kuri ubu utuwe n’abaturage bagera ku 2400.


Kinyarwanda
English
Swahili









