Israel yemeje ko hari Uranium itarangijwe n’ibitero byayo
Umwe mu bayobozi bakomeye muri Israel yatangaje ko hari Uranium ifite ubukana itarangirikiye mu gitero ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ku bigo bitatu bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire muri Iran tariki ya 22 Kamena 2025.
Uyu muyobozi utashatse ko amazina ye amenyekana, yabwiye abanyamakuru bo muri Amerika ko Uranium itarangiritse itabye mu butaka bwo ku kigo cya nucléaire cya Isfahan, kandi ko Iran yagorwa cyane no kuyigeraho.
Yavuze kandi ko n’iyo Iran yagerageza gutaburura iyi Uranium yatabwe kure na misile za Amerika, Israel yabimenya, ndetse ngo bishobora gutuma igihugu cye cyongera kugabayo ibitero mu rwego rwo kuburizamo icyo gikorwa.
Uyu muyobozi yavuze ko Israel yakoze ubusesenguzi ku ngaruka z’igitero Amerika yagabye ku bigo bya Iran bitunganyirizwamo Uranium, ibona ko gahunda yo Iran yo gukora intwaro kirimbuzi yasubijwe inyuma ho imyaka ibiri.
Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Amerika, Anna Kelly, yatangaje ko ingabo z’igihugu cyabo zasenye burundu ibikorwaremezo bya Iran bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire.
Anna yagize ati “Nk’uko Perezida Trump yabivuze inshuro nyinshi, Operation Midnight Hammer yasenye burundu ibikorwaremezo bya Iran bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire.”
Leta ya Iran ivuga ko abayishinja umugambi wo gukora intwaro kirimbuzi baba bashaka kuyigirira nabi. Isobanura ko itunganya Uranium kugira ngo iyifashishe mu bikorwa bidahungabanya amahoro.


Kinyarwanda
English
Swahili









