issa
Bobi wine yatangaje ko abasirikare ba UPDF binjiye mu nzu iwe bakubita umugore we

Bobi wine yatangaje ko abasirikare ba UPDF binjiye mu nzu iwe bakubita umugore we

Jan 24, 2026 - 16:40
 0

Umunyapolitike Robert Kyagulanyi, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu, abasirikare ba Uganda binjiye iwe bamennye inzu bagasaka ibikoresho byiganjemo iby'ikoranabuhanga ndetse bagakubita umugore we bikamuvira kujya kwa muganga.


Uyu munyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi bw'ishyaka riri ku butegetsi mu Gihugu cya Uganda, yatangaje ko abasirikare benshi b'igisirikare cya Leta Uganda bateye urugo rwe ijoro ryacyeye bagasenya inzugi z'inzu n'amadirisha bakinjira mu nzu ye, bagakubita umugore we bakanamwambika ubusa.

Robert Kyagulanyi bita Bobi Wine avuga ko abo basirikare binjiye iwe bari bambaye impuzankano z'Umutwe udasanzwe w'Ingabo zitabara aho rukomeye SFC ariko abandi bakaba bari bambaye impuzankano zisanzwe zambarwa n'Ingabo za Uganda (UPDF).

Bobi Wine yavuze ko abo basirikare, bamwe muri bo basaga nk'abanyweye ibisindisha,  basatse inzu ye bashakamo amafaranga n'ibikoresho by'ikoranabuhanga birimo za mudasobwa n'ibindi barabijyana.

Bobi wine yanavuze ko abo basirikare, bamaze kwinjira mu nzu umugore we  bamutunze imbunda bamutera ubwoba bafata telefoni ye banamusaba gukuramo umubare w'ibanga ariko akababera ibamba. Avuga ko umugore bamwutse inabi bakoresheje ururimi rw'ikinyankole bamubaza impamvu yemeye gushakana n'umugande ndetse banamubaze impamvu, umuryango wabo bihaye guhangana na Perezida Museveni. 

Igisirikare cya Uganda, ubwo twakoraga iyi nkuru cyari kitaragira icyo gitangaza ku byo Bobi Wine agishinja. Ariko Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda UPDF, Muhoozi Kainirugaba Ejo yari yatangaje ko abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa se bari mu ishyaka riyobowe na Bobi Wine bazafatwa bose nubwo bari mu bwihisho.

Ati “Abayobozi benshi b’ibyihebe byo muri NUP bari mu bwihisho ariko tuzabafata bose."

Bobi wine avuga ko umugore we  yakubiswe mu buryo bubabaza umubiri kugeza ubwo ajyanwe mu bitaro.

Robert Kyagulanyi bita Bobi wine, ashinja ishyaka riri ku butegetsi uburiganya mu matora yo ku wa Kane tariki 15 Mutarama 2026. Mu gihe Leta ya Uganda imushinja we n'ishyaka rye guteza imvururu muri rubanda dore ko atahwemye gusaba abatuye Uganda kwamagana ibyavuye mu matora ndetse bakitabira kwigaragambya.

Robert Kyagulanyi kugeza ubu nta wuzi aho aherereye, dore ko ku wa Gatandatu ushize,  yigambye gutoroka Igisirikare mu gihe hari amakuru yavugaga ko yatawe muri yombi gusa ayo makuru  yaje kuyahakana yivuye inyuma avuga ko yavuye mu rugo iwe acitse abasirikare ba Uganda.

Bobi wine yatangaje ko abasirikare ba UPDF binjiye mu nzu iwe bakubita umugore we

Jan 24, 2026 - 16:40
Jan 24, 2026 - 17:03
 0
Bobi wine yatangaje ko abasirikare ba UPDF binjiye mu nzu iwe bakubita umugore we

Umunyapolitike Robert Kyagulanyi, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu, abasirikare ba Uganda binjiye iwe bamennye inzu bagasaka ibikoresho byiganjemo iby'ikoranabuhanga ndetse bagakubita umugore we bikamuvira kujya kwa muganga.


Uyu munyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi bw'ishyaka riri ku butegetsi mu Gihugu cya Uganda, yatangaje ko abasirikare benshi b'igisirikare cya Leta Uganda bateye urugo rwe ijoro ryacyeye bagasenya inzugi z'inzu n'amadirisha bakinjira mu nzu ye, bagakubita umugore we bakanamwambika ubusa.

Robert Kyagulanyi bita Bobi Wine avuga ko abo basirikare binjiye iwe bari bambaye impuzankano z'Umutwe udasanzwe w'Ingabo zitabara aho rukomeye SFC ariko abandi bakaba bari bambaye impuzankano zisanzwe zambarwa n'Ingabo za Uganda (UPDF).

Bobi Wine yavuze ko abo basirikare, bamwe muri bo basaga nk'abanyweye ibisindisha,  basatse inzu ye bashakamo amafaranga n'ibikoresho by'ikoranabuhanga birimo za mudasobwa n'ibindi barabijyana.

Bobi wine yanavuze ko abo basirikare, bamaze kwinjira mu nzu umugore we  bamutunze imbunda bamutera ubwoba bafata telefoni ye banamusaba gukuramo umubare w'ibanga ariko akababera ibamba. Avuga ko umugore bamwutse inabi bakoresheje ururimi rw'ikinyankole bamubaza impamvu yemeye gushakana n'umugande ndetse banamubaze impamvu, umuryango wabo bihaye guhangana na Perezida Museveni. 

Igisirikare cya Uganda, ubwo twakoraga iyi nkuru cyari kitaragira icyo gitangaza ku byo Bobi Wine agishinja. Ariko Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda UPDF, Muhoozi Kainirugaba Ejo yari yatangaje ko abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa se bari mu ishyaka riyobowe na Bobi Wine bazafatwa bose nubwo bari mu bwihisho.

Ati “Abayobozi benshi b’ibyihebe byo muri NUP bari mu bwihisho ariko tuzabafata bose."

Bobi wine avuga ko umugore we  yakubiswe mu buryo bubabaza umubiri kugeza ubwo ajyanwe mu bitaro.

Robert Kyagulanyi bita Bobi wine, ashinja ishyaka riri ku butegetsi uburiganya mu matora yo ku wa Kane tariki 15 Mutarama 2026. Mu gihe Leta ya Uganda imushinja we n'ishyaka rye guteza imvururu muri rubanda dore ko atahwemye gusaba abatuye Uganda kwamagana ibyavuye mu matora ndetse bakitabira kwigaragambya.

Robert Kyagulanyi kugeza ubu nta wuzi aho aherereye, dore ko ku wa Gatandatu ushize,  yigambye gutoroka Igisirikare mu gihe hari amakuru yavugaga ko yatawe muri yombi gusa ayo makuru  yaje kuyahakana yivuye inyuma avuga ko yavuye mu rugo iwe acitse abasirikare ba Uganda.