Trump yagabanyije umubare w'impunzi zemerewe kwinjira muri Amerika
Perezida Donald Trump uyoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizeho amabwiriza mashya agabanya bikomeye umubare w’impunzi zemerewe kwinjira mu mwaka wa 2026.
Ibi Perezida Donald Trump yabitangaje ku wa 31 Ukwakira 2025, abinyujije nku mbuga nkoranyambaga ze, aho yavuze ko mu mwaka wa 2026 umubare w'impunzi zizemererwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ko wagabanuwe bitewe n'impamvu atashatse gutangaza.
Trump yavuze ko umubare w’impunzi uzemererwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika muri uwo mwaka wa 2026, udateze kurenga 7,500 uvuye kuri 125,000 wahozeho mu gihe cya Perezida Joe Biden.
Ibinyamukuru byo muri Washington bikomeje gutangaza ko icyateye Trump gufata uwo mwanzuro ari uko mu bice bimwe na bimwe byo muri Afurika y'Epfo hakomeje gukorerwa ivanguramoko rishingiye ku ruhu ku bimukira n'abashora imari b'abanyamerika, aho ngo bamwe muri bo bakomeje kwimurwa no kwirukanwa ku butaka bw'icyo gihugu ndetse ko ngo bamwe bagikomeje gukorerwa urugomo.
Ibyo ngo bikaba kimwe mu byateye Trump kugabanya impunzi muri iyo Leta ayoboye nubwo kugeza ubu Guverinoma ya Afurika y’Epfo yo yabihakaniye kure ivuga ko ayo makuru ibyo binyamakuru bikomeje gutangaza ari ibinyoma ko nta hohoterwa ririmo gukorerwa abanyamerika.
Abanyapolitike batandukanye hirya no hino ku isi bakomeje kwandika ku mbuga nkoranyambaga zabo cyane X, bavuga ko icyo cyemezo cya Trump gishingiye ku macakubiri y’uruhu, ndetse ko kica amwe mu masezerano arengera impunzi ku isi.
Kugeza ubu impaka zikomeje kwiyongera hirya no hino ku isi bitewe n’icyo cyemezo cya Trump cyo kugabanya abagomba kwinjira muri ibyo bihugu bigize Leta Zunze Ubumwe z'Amerika aho bamwe batari no gutinya kwandika ku mbuga nkoranyambaga ze bavuga ko ari umwanzuro uhubutse yafashe.


Kinyarwanda
English
Swahili









