issa
Biryogo: Umusore yishe mugenzi we bapfuye  amafaranga bahawe n'umukiriya

Biryogo: Umusore yishe mugenzi we bapfuye amafaranga bahawe n'umukiriya

Dec 18, 2025 - 08:01
 0

Umusore w'imyaka 18 witwa Nsengiyumva Flugence yishe mugenzi we bakorana muri restaurant bapfa amafaranga bari bahawe n'umikiriya.


Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025.

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko Nsengiyumva Flugence n'uyu mugenzi we yishe witwa Ndayisenga Elia bakoraga akazi ko guhamagara abakiriya muri restaurant y'uwitwa Uwimpuhwe Sumaya. 

Bivugwa ko aba bombi bapfuye amafaranga y'inyongera akunze kwitwa tip bahawe n'abakiriya bakiriye nyuma yo kunanirwa kuyagabana.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, nawe yabwiye UKWELITIMES, ko Nsengiyumva yishe mugenzi we koko nyuma yo kunanirwa kugabana amafaranga bari bamaze guhabwa n'umukiriya.

Ati" Bazanye abakiriya batatu nyuma baza guhabwa amafaranga bananirwa kuyagabana Flugence akubita ingumi Ndayisenga arapfa."

Yongeyeho ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro ndetse uwo musore Flugence we atabwa muri yombi, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge.

Biryogo: Umusore yishe mugenzi we bapfuye amafaranga bahawe n'umukiriya

Dec 18, 2025 - 08:01
Dec 18, 2025 - 10:00
 0
Biryogo: Umusore yishe mugenzi we bapfuye  amafaranga bahawe n'umukiriya

Umusore w'imyaka 18 witwa Nsengiyumva Flugence yishe mugenzi we bakorana muri restaurant bapfa amafaranga bari bahawe n'umikiriya.


Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025.

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko Nsengiyumva Flugence n'uyu mugenzi we yishe witwa Ndayisenga Elia bakoraga akazi ko guhamagara abakiriya muri restaurant y'uwitwa Uwimpuhwe Sumaya. 

Bivugwa ko aba bombi bapfuye amafaranga y'inyongera akunze kwitwa tip bahawe n'abakiriya bakiriye nyuma yo kunanirwa kuyagabana.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, nawe yabwiye UKWELITIMES, ko Nsengiyumva yishe mugenzi we koko nyuma yo kunanirwa kugabana amafaranga bari bamaze guhabwa n'umukiriya.

Ati" Bazanye abakiriya batatu nyuma baza guhabwa amafaranga bananirwa kuyagabana Flugence akubita ingumi Ndayisenga arapfa."

Yongeyeho ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro ndetse uwo musore Flugence we atabwa muri yombi, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge.