Uganda: Bobi wine yigambye guca mu rihumye Inzego z' umutekano zavuzweho kumuta muri yombi
Umunyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi bita Bobi Wine, yahakanye ibyo gutabwa muri yombi byamuvuzweho, yemeza ko yacitse inzego z'umutekano zamushakishaga mu ijoro ryacyeye.
Uyu munyapolitike byari byavuzwe n'ibitangazamakuru bitandukanye birimo na Washington Post, ko yatawe muri yombi ariko kuri uyu wa Gatandatu abinyujije ku rukuta rwa X yavuze ko atari mu mu maboko y'inzego z' umutekano ndetse atabarizwa mu rugo rwe ahubwo yabashije kuva iwe akajya ahandi hantu atashatse kugaragaza.
Mu itangazo rye aragira ati" Mu ijoro ryacyeye ibintu ntibyari byoroshye mu rugo rwacu i Magere. Ingabo na Polisi y'Igihugu baduteye amatara barayazimya na zimwe muri Camera zacu z'umutekano (CCTV ) nazo bari bazikuyeho ndetse za Kajugujugu zazengurukaga mu kirere.
Ndabamenyesha ko nabashije kubacika. Ubu ntabwo ndi mu rugo ariko umugore wanjye n'abo mu muryango wanjye baracyari mu nzu bahabagoteye."
Robert Kyagulanyi bita Bobi wine yakomeje agira ati" Abo bagizi ba nabi nzi ko barimo kumpigisha uruhindu, kandi ndakora ibishoboka kugirango nirinde. Ndabizi neza ko abantu benshi bafite impungenge kandi bifuza kumenya aho ndi."
Bobi wine yakomeje avuga ko abaturanyi be ari bo bakwirakwije amakuru ko yatawe muri yombi ndetse avuga uburyo urugo rwe rwari rwagoswe n'inzego z'Umutekano ari byo byatumye abaturanyi batanga amakuru ko yatawe muri yombi, bakamutwara mu ndege ya Kajugujugu nyamara atari byo.
Bobi wine kandi yakomeje avuga ku bikomeje gutangazwa na komisiyo y'amatora, igaragaza Joel Kaguta Museven umaze imyaka 40 ku butegetsi ko akomeje kuza imbere mu majwi avuga ko atabyemera akagaragaza ko habayeho uburiganya mu matora, aho avuga ko hari impapuro zitora zujujwe bidaciye mu mucyo.
Kyagulanyi Robert kandi yavuze ko abayobozi benshi bo mu ishyaka rye bafunzwe ndetse ko ibirimo gutangazwa na perezida wa komisiyo y'amatora bidakwiye guhabwa Ishingiro kandi ko afite gihamya ko ari we watsinze amatora mu buryo budashidikanywaho 100%.
Bobi wine kandi mu butumwa bwe yavuze ko amafoto yakoresheje agaragaza uko byari byifashe mu rugo rwe yafashwe mu rukerera rw'uyu munsi.
Polisi y'Igihugu ya Uganda nayo yahakanye ibyo guta muri yombi Robert Kyagulanyi byari byatangajwe n'ishyaka rya National unity platform ( NUP), ryahagarariwe na Bobi wine nk'umukandida waryo mu matora y'Umukuru w'Igihugu.


Kinyarwanda
English
Swahili









