issa
Batatu barimo n’ushinjwa uburiganya nibo ba Caridinali batazitabira umuhango wo gutora Papa Mushya

Batatu barimo n’ushinjwa uburiganya nibo ba Caridinali batazitabira umuhango wo gutora Papa Mushya

Apr 30, 2025 - 15:31
 0

Vatikani yatangaje ko Abakaridinali babiri batazitabira amatora y’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika, ateganyijwe guhera tariki ya 7 Gicurasi kubera uburwayi, gusa ntabwo hatangajwe amazina yabo. 


Karidinali w’Umutaliyani, Angelo Becciu, byemejwe ko na we atazitabira aya matora mu gihe agitegereje icyemezo cy’ubujurire bwe mu rubanza ashinjwamo kunyereza umutungo. Becciu yahamwe n'icyaha cy'uko yanyereje miliyoni 200 z'Amadolari.

Papa Francis yamwemereye uburenganzira bwo kugumana icyubahiro cya Karidinali ariko asaba ko mu gihe haba amatora atemerewe kuyitabira. Kugeza ubu umubare w'Abakaridinali bemerewe gutora Papa mushya, wahise ugabanuka ugera kuri 133.

Umuhango wo gutora Papa mushya uzatangira ku wa 7 Gicurasi 2025 i Vatikani, mu cyumba cy'amateka cya Sistine Chapel. Ni nyuma y'urupfu rwa Papa Francis rwabaye ku i tariki ya 21 Mata 2025.

Abakaridinali 135 bafite imyaka iri munsi ya 80 nibo byari biteganyijwe ko bazitabira iyi konklave, aho bazatoranya Papa wa 267 mu mateka ya Kiliziya Gatolika. Biteganyijwe ko amatora ashobora kurangira mu minsi 2 cyangwa 3, nk'uko byagenze mu matora ya Papa Francis na Papa Benedigito XVI.

Batatu barimo n’ushinjwa uburiganya nibo ba Caridinali batazitabira umuhango wo gutora Papa Mushya

Apr 30, 2025 - 15:31
Apr 30, 2025 - 16:37
 0
Batatu barimo n’ushinjwa uburiganya nibo ba Caridinali batazitabira umuhango wo gutora Papa Mushya

Vatikani yatangaje ko Abakaridinali babiri batazitabira amatora y’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika, ateganyijwe guhera tariki ya 7 Gicurasi kubera uburwayi, gusa ntabwo hatangajwe amazina yabo. 


Karidinali w’Umutaliyani, Angelo Becciu, byemejwe ko na we atazitabira aya matora mu gihe agitegereje icyemezo cy’ubujurire bwe mu rubanza ashinjwamo kunyereza umutungo. Becciu yahamwe n'icyaha cy'uko yanyereje miliyoni 200 z'Amadolari.

Papa Francis yamwemereye uburenganzira bwo kugumana icyubahiro cya Karidinali ariko asaba ko mu gihe haba amatora atemerewe kuyitabira. Kugeza ubu umubare w'Abakaridinali bemerewe gutora Papa mushya, wahise ugabanuka ugera kuri 133.

Umuhango wo gutora Papa mushya uzatangira ku wa 7 Gicurasi 2025 i Vatikani, mu cyumba cy'amateka cya Sistine Chapel. Ni nyuma y'urupfu rwa Papa Francis rwabaye ku i tariki ya 21 Mata 2025.

Abakaridinali 135 bafite imyaka iri munsi ya 80 nibo byari biteganyijwe ko bazitabira iyi konklave, aho bazatoranya Papa wa 267 mu mateka ya Kiliziya Gatolika. Biteganyijwe ko amatora ashobora kurangira mu minsi 2 cyangwa 3, nk'uko byagenze mu matora ya Papa Francis na Papa Benedigito XVI.